Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abatuye Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera babwiye itangazamakuru ko inzara yabariye bahitamo gusuhukira mu Murenge baturanye wa Kamabuye kuhashaka akazi.

Babwiye TV 1 ko izuba ryatumye n’imbuto bateye yuma bityo bagasaba ubuyobozi ko bwabatabara bakabona icyo bashyira mu nda.

Abo baturage bavuze ko Akarere gaheruka gutanga ubufasha, ariko butageze kuri bose bituma abasigaye basuhukira mu wundi murenge.

Ikiribwa kihiganje ni ikijumba.

Hari abavuga ko bakubitira abana kuryama banga ko barara barira ngo barashaka kurya.

Ati: “Iyo ukoreye ibyo bihumbi bibiri (Frw 2000) uhahamo ibijumba by’igihumbi(Frw1000) ukabyohereza, ukabohereza Frw 1000 bagapfa gushakamo izo mboga.”

Hari umubyeyi wo mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera wemera ko nawe hari ubwo ajya mu Karere ka Nyanza kuhaca inshuro.

Umurenge wa Nyarugenge ugizwe n’utugari dutanu n’imidugudu 39.

Utwo tugari ni Gihinga, Kabuye, Murambi, Ngenda na Rugando.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa kamwe muri utu tugari (ni akagari ka Kabuye) witwa Jean Pierre Rukundo yabwiye Taarifa ko nta makuru yatanga kubera ko bisaba ko aba areba uyamwaka.

Ati: “ Nk’ubu urambaza ibintu wibereye i Kigali! Ibyiza ni uko wazaza kuri terrain ukabaza abaturage nanjye nkagusubiza.”

Icyakora ngo ‘imvura iragwa’.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko mu minsi yashize hari ibiribwa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ifatanyije n’inzego z’ibanze yahaye abatuye Akarere ka Bugesera, abatuye akarere ka Huye, aka Ruhango, aka Nyanza, aka Gisagara n’akarere ka Muhanga.

Guverinoma ifite gahunda yo kuzabyaza umusaruro ibiyaga byinshi biba mu Karere ka Bugesera, amazi yabyo agakoreshwa mu kuhira imyaka iri ku butaka buri mu byanya bitunganyijwe.

TAGGED:AbaturageBugeserafeaturedInzaraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Muri Raporo Y’Inzu Zo Kwa Dubai Biteye Inkeke
Next Article Gasabo: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 5
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?