Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bunyoni Yabwiye Urukiko Ko u Rwanda Rwinjiye Muri Telefoni Ye Rutuma Afatwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bunyoni Yabwiye Urukiko Ko u Rwanda Rwinjiye Muri Telefoni Ye Rutuma Afatwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2023 2:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu byaha icyenda Gen Alain Guillaume Bunyoni aregwa mu rukiko rw’ikirenga rw’Uburundi, uyu mugabo wabaye umwe mu bakomeye muri iki gihugu yavuze ko ibyo ashinjwa byagaragaye kubera ko inzego z’iperereza z’u Rwanda zageze mu itumanaho rye, zibihishurira Uburundi.

Alain Guillaume Bunyoni ubu ufungiye muri gereza nkuru ya Gitega aregwa gushaka kwica Umukuru w’igihugu bityo agahirika ubutegetsi bwatowe n’abaturage.

Kubera ko ari umuntu ufite ubudahangarwa ahabwa n’amategeko kuko atarakurwaho ubudahangarwa, abamuburanishije bamusanze mu gereza i Gitega baturutse i Bujumbura.

Mu kwiregura kwe, Gen Bunyoni yavuze ko Urukiko rudakwiye kumukurikirana ku cyaha cyo kunyereza umutungo kuko ‘nta cyemezo cy’urukiko cyigeze gifatwa herekanwa inkomoko y’umutungo n’uko ungana.

Yabwiye urukiko ati: “ Icyo kirego nta shingiro gifite kuko njye nakoreye igihugu! Iyo mitungo nayivanye mu byo nakoze mu myaka 20…Nafashe inguzanyo mu mabanki azwi, nshinga amasosiyete yo gutwara abantu n’ibintu, nshora imari mu buhinzi n’ubworozi hanyuma nubaka n’ibitaro!”

Ubushinjacyaha bwo buvuga Bunyoni yakoresheje uburiganya igihe yashyirwaga mu nshingano, yerekana agace gato k’imitungo ye.

Ku cyaha cyo gushaka kwica umukuru w’Igihugu, Gen Bunyoni yashinjwe gushaka gukorana n’Abarundi bahunze igihugu, bavugwamo umunyamakuru wa Radiyo RPA yatwitswe mu ijoro ryo ku wa 13 Gicurasi 2015 ubwo hageragezwaga guhirika Perezida Pierre Nkurunziza bikaburizwamo.

Ndetse ngo hari ibimenyetso bigaragaza ko Gen Bunyoni yahaye amafaranga umuyobozi wa Radiyo RPA ngo bafatanye muri icyo gikorwa, ndetse ngo hari n’ubutumwa bwanditse bumushinja icyo cyaha.

Umushinjacyaha bwavuze no  ku kiganiro Gen Bunyoni yagiranye na Col Desiré Uwamahoro wari umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya imvururu, uyu nawe muri iki gihe arafunzwe.

Gen Bunyoni yemera ko yahaye amafaranga Rugurika ariko avuga ko yabikoze agamije kurinda igihugu n’inzego zacyo.

Ati “Kuko nzi ko Rugurika ari mu batangabuhamya b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, nashatse kumenya amazina y’abategetsi 30 bashakishwa n’urwo Rukiko kubera ko gufata abategetsi bangana gutyo byaba ari nko guca umutwe igihugu.”

Mu kwisobanura yeruye avuga ko u Rwanda ari rwo rwabwiye ubutegetsi bw’Uburundi ibyo yakoraga kubera ko inzego zarwo z’iperereza zinjiye mu itumanaho rye.

N’ubwo nta bimenyetso yatangaga, Bunyoni yagize ati: “Erega Urwego rw’Iperereza rw’u Rwanda rwari rwinjiye mu bikoresho byanjye by’itumanaho, ni ho ibyo uwo unshinja yabikuye muri telefone.”

Radio Voice of America yatangaje ko Bob Rugurika uri mu bashakishwa n’ubutabera bw’u Burundi yanze kugira icyo avuga kuri ayo magambo.

Bunyoni kandi yireguye ku byaha byo gutunga intwaro atabiherewe uruhushya yemera ko hari izo polisi yasanze mu rugo iwe ariko avuga ko intwaro bahasanze zari zarapfuye, ngo zahasizwe n’abamurindaga.

Yasabye ko umwe mu bari bamwungirije hamwe n’umupolisi wari ushinzwe abamurinda bazaza gusobanura ukuri kwihishe inyuma y’izo ntwaro.

Urukiko rwemeye ko abo bantu bari burwitabe kuri uyu wa Kabiri.

Amategeko y’Uburundi avuga ko ibyaba Bunyoni aregwa biramutse bimuhamye yahanishwa igifungo cy’imyaka 30.

TAGGED:BunyonifeaturedItumanahotelefoniUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bisi Z’Amashanyarazi Nazo Ziri Hafi Kuza Muri Kigali
Next Article Amabuye u Rwanda Rwohereza Hanze Akomeje Kurwungura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?