Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Abagabo 12 Barakekwaho Gushimuta Inka Mu Minsi Mikuru  
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Burera: Abagabo 12 Barakekwaho Gushimuta Inka Mu Minsi Mikuru  

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2026 5:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi mu Karere ka Burera yafashe abantu 12 bo mu Mirenge ya Kinoni na Gahunga bakekwaho ubujura bw’amatungo kandi amwe yarabonetse asubizwa ba nyirayo.

Ni mu bikorwa byakozwe mu bihe bitandukanye muri ibi bihe by’iminsi mikuru aho bamwe mu baturage bagaragazaga ko bafite ikibazo cy’abajura babibira amatungo.

Polisi muri kiriya gice cy’u Rwanda ivuga hari amwe muri ayo matungo yagarujwe.

Ba nyirayo bashima Polisi ko yatabaye ikabagarurira amatungo.

Munyarugerero Faustin utuye mu Mudugudu wa Cyanya mu Kagari ka Nkumba yibwe inka ariko nyuma yagarujwe n’inzego z’umutekano ifatiwe mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Gacaca.

Ati:“Narabyutse ngiye kureba inka yanjye nsanga bayitwaye ariko ubuyobozi bwaje kuyingaruriza ndetse bambwira ko n’abo bayifatanywe babatwaye kuri Polisi.”

Ukwitegetse Espérance utuye mu Mudugudu wa Kivugizi, Akagari ka Ntaruka nawe ashima inzego z’umutekano zamugarurije inka yari yibwe ikaza gufatirwa mu murenge wa Cyuve.

Ati: “Nyuma yo kwibwa inka yanjye namenyesheje ubuyobozi, nabo bihutiye kuyishaka birangira ibonetse kandi narayisubijwe. Ndashimira ubuyobozi bwumvize ikibazo nari nagize zikamfasha kugikemura.”

Polisi y’u Rwanda isaba abantu kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano birimo n’ubujura.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi yijeje abaturage ko Polisi iri maso kandi itazihanganira buri wese wishora mu bikorwa bihungabanya umutekano birimo n’ubujura.

Ati: “K’ubufatanye n’abaturage twafashe abakekwaho ubujura bw’amatungo ndetse hari n’ayagarujwe ashyikirizwa ba nyirayo. Ubu bafashwe barimo gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe kugira ngo harebwe uruhare rwabo muri ibyo bikorwa bibi, ubundi babibazwe.”

Polisi y’u Rwanda iburira abishora mu byaha kubireka mbere y’uko bafatwa ndetse igaha n’amahirwe y’abagaragaza ubushake bwo kuzibukira ingeso mbi.

Abaturage bo basabwa kwirinda kwihererana ibishobora guhungabanya umutekano bigaragara aho batuye, bakihutira kugitangaho amakuru kugira ngo bikumirwe mbere y’uko bivamo ibyaha.

TAGGED:AmatungoBureraInkaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe
Next Article Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?