Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Babagira Inka Hasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Burera: Babagira Inka Hasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera haravugwa inkuru y’abantu babagira inka hasi, abaturage bakavuga ko niba iki kibazo kidahagurukirwe gishobora kuba intandaro y’indwara. Iki kibazo kiravugwa ku gasenteri ka Rusumo.

Abaturage kandi bavuga ko hejuru y’izi nyama zibagirwa ku butaka hari ikibazo cy’umunuko usanga abantu mu ngo zabo cyangwa ukaziba amazuru abaca hafi aho.

Hari umuturage wabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Urabona ko  hari ibizi biretse hano, amasazi, umunuko ukabije biterwa n’iri bagiro ribagira hasi ku butaka ahantu hari umwanda. Biteye inkeke kandi n’uburwayi ntibwabura bitewe nuko abaturage baza kuhagura inyama zo kurya”.

Icyakora umwe mu baturage b’aho avuga ko n’ubwo babagira kuri sima ariko ari hasi kandi nta suku ihari iboneye.

Undi nawe ati “… Barimo kubagira hasi nubwo ari ku isima ariko nta suku ihari, nawe urimo kubibona. Turasaba ko byakwitabwaho uyu mwanda uri muri iri bagiro ugakumirwa,  ubuzima bw’abaturage butarajya mu kaga, ni ukubura uko tugira ubundi twacika ku nyama”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butaro, Kayitsinga Faustin avuga ko batakwihanganira umwanda.

Niyo mpamvu avuga ko bagiye guhagurukira iki kibazo.

Ikindi ngo ni uko ibagiro rishaje bityo ngo barashaka kureba ahandi baryimurira.

Ati: “Icyo twavuga ni uko ibagiro rishaje ariko rizimurwa mu bihe biri imbere. Hariya niho bari kuba bifashisha. Ku kijyanye n’ikibazo cy’umwanda nta muntu wacyihanganira, tugiye kubikurikirana ndetse nibiba na ngombwa tuzabahana kugira ngo himakazwe isuku inogeye abaturage”.

Ikindi kigaragara hariya ariko giteye impungenge ni uko aho iri bagiro riri ari mu isangano ry’imihanda ku buryo hadasiba urujya n’uruza.

Ibi bituma ibyago by’uko abantu bandura byiyongera.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urupfu Rwa Buravan Rwateye Tonzi Guha Izina Alubumu Ye
Next Article Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?