Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Babagira Inka Hasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Burera: Babagira Inka Hasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera haravugwa inkuru y’abantu babagira inka hasi, abaturage bakavuga ko niba iki kibazo kidahagurukirwe gishobora kuba intandaro y’indwara. Iki kibazo kiravugwa ku gasenteri ka Rusumo.

Abaturage kandi bavuga ko hejuru y’izi nyama zibagirwa ku butaka hari ikibazo cy’umunuko usanga abantu mu ngo zabo cyangwa ukaziba amazuru abaca hafi aho.

Hari umuturage wabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Urabona ko  hari ibizi biretse hano, amasazi, umunuko ukabije biterwa n’iri bagiro ribagira hasi ku butaka ahantu hari umwanda. Biteye inkeke kandi n’uburwayi ntibwabura bitewe nuko abaturage baza kuhagura inyama zo kurya”.

Icyakora umwe mu baturage b’aho avuga ko n’ubwo babagira kuri sima ariko ari hasi kandi nta suku ihari iboneye.

Undi nawe ati “… Barimo kubagira hasi nubwo ari ku isima ariko nta suku ihari, nawe urimo kubibona. Turasaba ko byakwitabwaho uyu mwanda uri muri iri bagiro ugakumirwa,  ubuzima bw’abaturage butarajya mu kaga, ni ukubura uko tugira ubundi twacika ku nyama”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butaro, Kayitsinga Faustin avuga ko batakwihanganira umwanda.

Niyo mpamvu avuga ko bagiye guhagurukira iki kibazo.

Ikindi ngo ni uko ibagiro rishaje bityo ngo barashaka kureba ahandi baryimurira.

Ati: “Icyo twavuga ni uko ibagiro rishaje ariko rizimurwa mu bihe biri imbere. Hariya niho bari kuba bifashisha. Ku kijyanye n’ikibazo cy’umwanda nta muntu wacyihanganira, tugiye kubikurikirana ndetse nibiba na ngombwa tuzabahana kugira ngo himakazwe isuku inogeye abaturage”.

Ikindi kigaragara hariya ariko giteye impungenge ni uko aho iri bagiro riri ari mu isangano ry’imihanda ku buryo hadasiba urujya n’uruza.

Ibi bituma ibyago by’uko abantu bandura byiyongera.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urupfu Rwa Buravan Rwateye Tonzi Guha Izina Alubumu Ye
Next Article Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?