Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2025 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kwiga imyuga n'ubumenyi ngiro ni ingenzi mu guteza imbere inganda mu gihugu( Ifoto@Kigali Today).
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda iteganya ko, mu rwego rwo kwihutisha iterambere, muri buri Karere hazubakwa ikigo cya TVET  cy’ikitegererezo.

Bizakorwa mu myaka itanu ni ukuvuga hagati ya 2024 na 2029, igihe cyateganyirijwe gahunda yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri, NST2.

U Rwanda rwemeza ko uburezi ari intangiriro y’iterambere rirambye kandi ko kwiga imyuga n’ubumenyingiro ku rwego rwo hejuru biri mu by’ingenzi bigeza igihugu ku majyambere.

Ingero z’ibyabaye mu Buyapani, muri Koreya y’Epfo, muri Singapore n’ahandi zirabigaragaza.

Hagati aho kandi muri buri kagari hazashyirwa ishuri ryigisha imyuga mu gihe gito (VTCs) umunyeshuri akazabasha kwiga umwuga ashaka mu gihe gito, hadashingiwe ku byo yize mbere.

Isuzumabumenyi ni ngombwa

Mu rwo rwo gusuzuma niba abanyeshuri bamenya ibyo bigira muri ayo mashuri,  Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangiye  gusuzuma ireme ry’uburezi buhabwa abiga mashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET).

Iryo suzuma rizakorwa guhera tariki 12, Gicurasi, 2025 kuzageza ku 1, Kamena 2025, kikazibanda ku bugenzuzi bwimbitse mu mashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET) yaba aya Leta, afashwa na Leta ku bw’amasezrano ndetse n’ayigenga.

Nta Ntara izasigara itagenzuwe.

Abagenzuzi bazareba imikoreshereze y’ibikoresho byifashishwa mu myigire n’imyigishirize, uburyo amasomo ategurwwa n’uko atangwa, abarimu, ndetse barebe niba amashuri yujuje ibisabwa ngo atange ireme ry’uburezi bujyanye n’isoko ry’umurimo.

Nyuma, buri shuri rizahabwa raporo igaragaza ibikwiye kunozwa n’inama zishingiye ku bipimo fatizo kugira ngo hongerwe ireme n’udushya mu myigishirize yo mu mashuri ya TVET.

Hazasurwa amashuri 600 ya tekiniki imyuga n’ubumenyingiro aherereye hirya no hino mu gihugu.

Indi wasoma:

Kuki Leta Y’u Rwanda Igomba Gukomeza Guteza Imbere TVET?

TAGGED:AbanyeshuriAmashurifeaturedImyugaNESATVETUbugenzuziUbumenyingiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize
Next Article Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?