Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Kwezi Mu Rwanda Hazajya Haba Isiganwa Ry’Amagare- FERWACY
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Buri Kwezi Mu Rwanda Hazajya Haba Isiganwa Ry’Amagare- FERWACY

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2022 5:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza n’ubw’Impuzamashyirahamwe y’abakina umukino wo gutwara amagare, FERWACY,  buherutse gushyira  umukono ku masezerano agenga uko irushanwa ry’abakina uyu mukino rizabera i Nyanza rizajya rigenda.

Hagati aho FERWACY ivuga ko mu mwaka mu Rwanda hazajya haba amasiganwa 12.

Ni amasezerano y’imyaka itatu azagenga uko iri riganwa rizagenda mu nshuro ebyiri rizajya rihakinirwa buri mwaka.

Isiganwa rimwe baryitiriye igitaramo kitwa ‘Nyanza Twataramye.’

Perezida wa FERWACY Bwana Murenzi Abdallah yabwiye Taarifa ko intego yabo ari ugusuzuma impano z’abakiri bato b’i Nyanza kugira ngo zitezwe imbere mu mukino wo gutwara igare.

Ati: “ Intego dufite ni ugushaka impano z’abakinnyi bakiri bato muri Nyanza, tugateza imbere impano zagaragaye binyuze muri Rukali Cycling Team y’i Nyanza.”

Murenzi Abdallah

Murenzi wigeze no kuyobora Akarere ka Nyanza akanayobora Ikipe ya Rayon Sports nayo ikomoka i Nyanza avuga ko indi ntego ikubiye muri ariya masezerano, ari no guteza imbere ubukerarugendo bushingiye k’umuco busanzwe bukorerwa i Nyanza mu Rukari.

Aya marushanwa ni ayo gufasha abafite impano zo gutwara igare bafite byibura imyaka 18 y’amavuko.

Ubuyobozi bwa FERWACY buvuga ko bwahinduye uburyo amasiganwa  akorwa.

Rwanda Cycling Cup izajya ihuzwa na ‘Tembera u Rwanda’ hashingiwe ku byiza biri muri buri Karere bagiye  gukoreramo .

Murenzi yavuze ko hazakorwa amasiganwa atandukanye urugero nka Kibugabuga race, Gisaka race, Kibeho race, Royal Nyanza race, Gorilla race n’ayandi k’uburyo byibura mu mwaka hazajya haba amasiganwa 12.

Tour du Rwanda yo izajya iba muri Gashyantare buri mwaka kandi n’andi marushanwa y’abantu bakuru azakomeza.

TAGGED:AmagarefeaturedIrushanwaMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Igiye Kubaka Umuhanda Mugari Uyihuza Na Tanzania
Next Article Airtel Rwanda Ltd Yashimiwe Kuba Umusoreshwa Wizerwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?