Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 7:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yabahaye ikaze muri Village Urugwiro.
SHARE

Mu kwakira Abakaridinali n’Abasenyeri bitabiriye Inama ya 20 y’Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), Perezida Kagame yababwiye ko imwe mu nshingano buri muyobozi afite ari iyo gutuma abandi babaho neza.

Ubwo yabakiraga mu Biro bye, Village Urugwiro, Kagame yabaciriye muri make iby’amateka ya vuba aha y’u Rwanda, ababwira ko ibyo rwaciyemo ari inyabubiri.

Ku ruhande rumwe byerekanye gutsindwa kwa muntu, agera habi hashoboka ariko ku rundi ruhande aza kuzanzamuka yirinda guheranwa n’ibyamushegeshe.

Ati: “Gutsindwa kwabayeho ariko abantu beza banze guheranwa na byo. Tugomba kwigira ku mateka yacu, tugakorera hamwe mu kubaka icyizere, ubwiyunge n’amahoro mu Rwanda no ku mugabane wose”.

Paul Kagame avuga ko ibyo u Rwanda rwakoze rukivana mu manga rwaroshywemo n’abaruyoboye bishobora gukorwa n’ahandi muri Afurika.

Kuri we, ibyo birashoboka kandi bikarushaho kuba gutyo ‘buri wese’ yibutse ko afite inshingano zo guharanira ko abantu babaho neza.

Abakaridinali n’Abasenyeri bitabiriye Inama ya 20 y’Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), irimo kubera i Kigali barataha kuri iki Cyumweru Tariki 03, Kanama, 2025.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ubwo yatangizaga iyi nama tariki 31, Nyakanga, yabwiye aba bayobozi bakuru muri Kiliziya Gatulika muri Afurika ko u Rwanda rwunze abarutuye, rubaha uburyo bwo gukora ngo biteze imbere.

Nsengiyumva yavuze ko ibyo byakozwe hagamijwe ko Abanyarwanda baba abantu biyubashye bafite agaciro amahanga yose yubaha.

Yababwiye ko Guverinoma yishimira uruhare amadini cyane cyane Kiliziya Gatulika agira muri byo.

Mu h’ingenzi agiramo uruhare ni mu burezi, urwego rw’ubuzima no mu kubanisha abaturage bayayobotse.

Dr. Justin Nsengiyumva yabashimiye urwo ruhare, ababwira ko rugomba kuzakomeza kuko nta Guverinoma yakwishoboza byose idakoranye n’abafatanyabikorwa barimo na Kiliziya Gatulika.

Intego ya SECAM, nk’uko bigaragara ku rubuga rwayo rwa murandasi, ni ukubaka Kiliziya Gatulika nk’umuryango mugari buri wese uwurimo yumva ko ari Umwana w’Imana wacunguwe.

Ni ahantu kandi haharanira imikoranire inoze ya Kiliziya Gatulika ‘Nyafurika’ n’izo mu Birwa, aha ikirwa cya mbere kikaba Madagascar.

TAGGED:AbakaridinaliAbanyarwandaAbasenyeriAbepisikopifeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Rwivanga Yabwiye Ingabo Za Sri Lanka Uruhare Rwa RDF Mu Buhangange Bw’u Rwanda
Next Article The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?