Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 7:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yabahaye ikaze muri Village Urugwiro.
SHARE

Mu kwakira Abakaridinali n’Abasenyeri bitabiriye Inama ya 20 y’Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), Perezida Kagame yababwiye ko imwe mu nshingano buri muyobozi afite ari iyo gutuma abandi babaho neza.

Ubwo yabakiraga mu Biro bye, Village Urugwiro, Kagame yabaciriye muri make iby’amateka ya vuba aha y’u Rwanda, ababwira ko ibyo rwaciyemo ari inyabubiri.

Ku ruhande rumwe byerekanye gutsindwa kwa muntu, agera habi hashoboka ariko ku rundi ruhande aza kuzanzamuka yirinda guheranwa n’ibyamushegeshe.

Ati: “Gutsindwa kwabayeho ariko abantu beza banze guheranwa na byo. Tugomba kwigira ku mateka yacu, tugakorera hamwe mu kubaka icyizere, ubwiyunge n’amahoro mu Rwanda no ku mugabane wose”.

Paul Kagame avuga ko ibyo u Rwanda rwakoze rukivana mu manga rwaroshywemo n’abaruyoboye bishobora gukorwa n’ahandi muri Afurika.

Kuri we, ibyo birashoboka kandi bikarushaho kuba gutyo ‘buri wese’ yibutse ko afite inshingano zo guharanira ko abantu babaho neza.

Abakaridinali n’Abasenyeri bitabiriye Inama ya 20 y’Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), irimo kubera i Kigali barataha kuri iki Cyumweru Tariki 03, Kanama, 2025.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ubwo yatangizaga iyi nama tariki 31, Nyakanga, yabwiye aba bayobozi bakuru muri Kiliziya Gatulika muri Afurika ko u Rwanda rwunze abarutuye, rubaha uburyo bwo gukora ngo biteze imbere.

Nsengiyumva yavuze ko ibyo byakozwe hagamijwe ko Abanyarwanda baba abantu biyubashye bafite agaciro amahanga yose yubaha.

Yababwiye ko Guverinoma yishimira uruhare amadini cyane cyane Kiliziya Gatulika agira muri byo.

Mu h’ingenzi agiramo uruhare ni mu burezi, urwego rw’ubuzima no mu kubanisha abaturage bayayobotse.

Dr. Justin Nsengiyumva yabashimiye urwo ruhare, ababwira ko rugomba kuzakomeza kuko nta Guverinoma yakwishoboza byose idakoranye n’abafatanyabikorwa barimo na Kiliziya Gatulika.

Intego ya SECAM, nk’uko bigaragara ku rubuga rwayo rwa murandasi, ni ukubaka Kiliziya Gatulika nk’umuryango mugari buri wese uwurimo yumva ko ari Umwana w’Imana wacunguwe.

Ni ahantu kandi haharanira imikoranire inoze ya Kiliziya Gatulika ‘Nyafurika’ n’izo mu Birwa, aha ikirwa cya mbere kikaba Madagascar.

TAGGED:AbakaridinaliAbanyarwandaAbasenyeriAbepisikopifeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Rwivanga Yabwiye Ingabo Za Sri Lanka Uruhare Rwa RDF Mu Buhangange Bw’u Rwanda
Next Article The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?