Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2023 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Burkina Faso iratangaza ko hari imirambo 28 iherutse kubona ahantu yari ihishe. Kugeza ubu ntiharamenyekana uko yageze aho hantu cyangwa ngo hamenyekane abakoze buriya bwicanyi.

Icyakora harakekwa abarwanyi bo mu Mutwe witwa Volontaires pour la Défense de la Patrie.

Guverinoma ivuga ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane icyahitanye bariya bantu.

Imaze iminsi ikangurira abaturage kwiyunga no gukorera hamwe hagamijwe guhashya abarwayi bamaze iminsi bakora iterabwoba mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Guhera mu mwaka wa 2015 Burkina Faso yinjiye mu bihe by’umutekano muke.

Abarwanyi bagendera ku mahame akaze ya islam bagabye ibitero mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Ni imidugararo yakurikiye ihirikwa k’ubutegetsi rya Blaise Compaoré.

Abaturage bamushinjaga byinshi ariko cyane cyane urupfu rw’uwo yasimbuye witwaga Captaine Thomas Sankara ndetse n’umunyamakuru witwa Norbert Zongo.

Abashinjacyaha bo muri kiriya gihugu bavuga ko ya mirambo 28 yanditswe haruguru ifite ibikomere by’amasasu.

Urubyiruko rw’abarwanyi bagize ikitwa Volontaires pour la défense de la patrie nibo bavugwaho gukora ariya mahano kandi ngo iyo bamaze kwica abantu, baboneraho gusaka bagasiga inzu zera.

TAGGED:BurkinaFasofeaturedImirambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Bigize Umuhora Wo Hagati Birishimira Intambwe Yatewe
Next Article Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?