Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukererwa Ntibikiri Iby’Abanyafurika Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gukererwa Ntibikiri Iby’Abanyafurika Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 January 2025 5:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Gukererwa ni ingeso mbi
SHARE

Gukererwa inama mu Rwanda bisa n’aho ari ibisanzwe, kandi si umwihariko w’aho gusa nk’uko abatembera hirya no hino muri Afurika babivuga. Igitangaje ariko ni uko no mu Bazungu( aha turavuga abo mu Burengerazuba bw’isi) naho iyi migirire yarahageze.

Mu nama ihuza ibihugu bikize kurusha ibindi ku isi yitwa G20 yabereye i Rio Rio de Janeiro muri Brazil hari mu Ugushyingo, 2024 naho habereyemo gukererwa mu buryo bugaragara.

Hari benshi bavuga ko gukererwa iminota 15 ari ibintu bikunze kwihanganirwa ndetse hari n’ababyise ’15 minutes académiques’, bashaka kuvuga ko ari iminota umunyeshuri cyangwa umwalimu wa Kaminuza akerererwa bikihanganirwa.

Rubanda rwa giseseka sirwo rukunze gukererwa gusa ahubwo n’abategetsi bakomeye nabo basa n’abadukanye umudeli wo gukererwa.

Mu nama iheruka kubera muri Brazil twavuze haruguru itsinda ry’Ubufaransa ryakerereweho iminota irindwi.

Iryo mu Budage ryo ryahagereye igihe, neza neza ku munota inama yagombaga gutangiriraho.

Ibi ariko ku Badipolomate sibyo kuko biba bivuze ko nta teganyagihe ryabayeho hirindwa ko abantu bagera mu nama huti huti, icyokere cyabarenze.

Itsinda ryo mu Butaliyani niryo ryaciye agahigo kuko ryakerereweho iminota 90.

Mu gusobanura icyabiteye, Minisitiri w’intebe w’iki gihugu Madamu Giorgia Meloni yavuze ko babanje kwitabira ibiganiro ku ngingo yari ikomeye ireba ubuzima bw’igihugu cyabo.

Icyakora uwahaye amakuru Ikinyamakuru Rwanda Herald, Nomero ya 2 witwa Sungam Laer IIX ari nacyo gukesha iyi nkuru avuga ko baje gusanga mu by’ukuri icyabateye gukererwa atari ari iyo mpamvu ahubwo ari ukunanirwa kumvikana ku bwoko bw’ikawa bagombaga kunywa.

Impaka zari zishingiye k’ukumenya niba hari bunyobwe cappuccino cyangwa hari bunyobwe espresso.

Mu mikorere y’Abadipolomate, iyo umuntu akererewe iminota itageze kuri 30 arihanganirwa ariko nanone bigafatwa ‘ukuntu’.

Iyo ukererewe iminota iri hagati ya 30 na 60 ni ukuvuga isaha, bisaba ko uza gushaka abari bugushakire aho wicara inyuma.

Ukerewe iminota irenze iyo bimusaba ko ategereza ko abanyamakuru baza kumuha ikiganiro kandi ikibazo cya mbere kikaba impamvu yatumye atekerezwa bene ako kageni.

Uko bimeze kose, mu mikorere y’abantu biyubashye, kugera mu nama ku gihe cyagenwe nibwo bupfura.

Niyo ndangagaciro ikwiye kuranga Abanyarwanda bose batumirwa cyangwa batumiza inama.

Ku rundi ruhande, hari Abakuru b’ibihugu na ba Minisitiri b’Intebe bahitamo kuza bakererewe banga kwicara ngo bumve ibiganiro bifungura inama akenshi baba bafata nk’ibyizimba mu magambo.

Icyitonderwa: Uwahaye inyandiko Rwanda Herald yahoze ashinzwe ibyo kubahiriza igihe mu Muryango w’Abibumbye.

Sungam Laer IIX yigeze kwirukanwa muri iyi mirimo azizwa ko yafashe amasaha yose amanitse mu nyubako y’Umuryango w’Abibumbye ayashyira ku ngengabihe zitandukanye kugira ngo arebe uko abantu bari bubyifatemo.

Muri iki gihe atuye mu Rwanda, mu gace k’imisozi miremire aho abana n’abuzukuru be.

Akunda gusoma.

TAGGED:AbibumbyefeaturedIgiheIminotaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ko Amasezerano Y’Umutoza W’Amavubi Yarangiye, Ibye Birerekeza He?
Next Article Umunyamerika Yishe Bagenzi Be 15 Abagonze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?