Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Akurikiranweho Kwicisha Abana Be Umuhoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Akurikiranweho Kwicisha Abana Be Umuhoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2023 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umurundi witwa Fidèl Bucumi ari gushakishwa uruhindu na Polisi yo muri Komini ya Gatara mu Ntara ya Kayanza mu Burundi imukurikiranyeho kwicisha umuhoro abana be babiri abaciye amajosi.

Umwe afite imyaka itandatu, undi afite imyaka ine y’amavuko.

Abo bana bishwe taliki 10, Gicurasi, 2023 mu gace iwabo bari batiyemo ka Gihororo muri Komini ya Gatara, mu Ntara ya Kayanza yo mu Majyaruguru y’u Burundi.

Se yahise acika!

SOS Medias yanditse ko umwe mu baturanyi b’uru rugo rwabereyemo aya mahano yababwiye ati:  “Bucumi yishe abana be babiri barimo ufite imyaka 6 n’undi w’imyaka 4 akoresheje umuhoro maze abaca amajosi”.

Uwo mutangabuhamya avuga ko byagaragaye mu gitondo cyakurikiyeho, ubwo bajyagayo bagatungurwa no kubona imirambo ibiri y’abana iryamye hasi ikikijwe n’amaraso menshi.

Avuga ko muri iryo joro ryabereyemo ubwo bwicanyi, bumvise umwana umwe avuza induru ariko ntibabitindaho kuko bumvaga ari ibisanzwe.

Abaturanyi bavuga kandi ko uwo mugabo ukekwaho kwikora mu nda yari yiriwe atongana n’umugore we umunsi wose.

Umugore we yitwa  Imelde Nyabenda w’imyaka 30.

Abaturage bavuga ko uriya mugabo yashinjaga umugore we kumuca inyuma, bagakeka ko ari byo byazamuye umujinya w’umuranduranzuzi, yabura umugore we ngo amwica, ukabikorera ibibondo bye.

Sylvan  Gakuyano, umuyobozi wa Komini wa Gatara yemeje aya amakuru, avuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica abana be, ari gushakishwa kuko yahise acika.

TAGGED:AbanaBurundiUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwibuka 29: Abaganga 157 Bishe Abarwayi Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Kuba u Rwanda Rwareka Gukoresha Amadolari Si Ibya Vuba- Solaya Hakuziyaremye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Ntishaka Ubuhuza Bwa Thabo Mbeki 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbukungu

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?