Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Barashaka Urukiko ‘Rwihariye’ Rukurikirana Abayobozi Bakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Barashaka Urukiko ‘Rwihariye’ Rukurikirana Abayobozi Bakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 November 2023 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ihuriro rirwanya ruswa no gusesagura umutungo w’igihugu mu Burundi OLUCOME busaba Leta gushyiraho Urukiko rwihariye rukurikirana abayobozi bakuru bashaka gutegeka igihugu nk’umutungo wabo.

OLUCOME(Observatoire de la Lutte contre la Corruption et les Malversations Economiques) rivuga ko Itegeko nshinga ry’Uburundi ari rwo riteganya urwo rukiko rudasanzwe.

Umuyoboz wa OLUCOME  Gabriel RUFYIRI avuga ko ruriya rukiko nirujyaho, bizafasha mu kurinda ko igihugu gihinduka igikoresho cya runaka wibwira ko aruta amategeko.

Yatanze urugero rw’ibyaha ruriya rukiko rudasanzwe ruzajya rukurikirana, avuga ku gutukana biherutse kuvugwa kuri Alain Guilllaume Bunyoni ushinjwa kwita Umukuru w’Igihugu ihene.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ …[Twabishyize mu Kinyarwanda] Mbere na mbere urwo rukiko rugiyeho byaba ari ugukurikiza Itegeko nshinga. Kuba rutari ho muri iki gihe ni ukwica bikomeye Itegeko Nshinga. Ikindi nababwiye ni uko n’ubwo umuntu aba ari Umukuru w’igihugu, akomeza kuba ari umuntu, umwungirije nawe ni umuntu, Minisitiri w’Intebe nawe ni umuntu…N’ikimenyimenyi muheruka kumva bitana ihene naza vuvuzela!Ntimwumvise ko hagati yabo hari ubwo bavuga ibintu biri uko biri?…”

Avuga ko kuba abo bagabo ari abantu, bivuze ko igihugu kigomba kurindwa ibibi cyangwa amakosa abakiyobora bashobora  gukora ‘nk’abantu.’

Rufyiri avuga ko ruriya rukiko nirujyaho bizaba ari uburyo bwo kurinda igihugu ngo kidahutazwa n’imyitwarire ya bamwe mu bakiyobora.

Avuga ko amategeko ari yo arinda igihugu, ko atari umuntu ukirinda kandi ko iyo umuntu ‘yigize’ itegeko, ibintu bicika.

Mu Kirundi babyita ‘Kuyangara.’

- Advertisement -

Gabriel Rufyiri avuga ko ruriya rukiko nirujyaho bizaba ingabo ikingira ko abayobozi bitwara uko bishakiye mu micungire y’Uburundi.

Kuri we, igihe cyose ruriya rukiko ruzaba rutarashyirwaho, Demukarasi mu Burundi izaba ari amagambo gusa!

TAGGED:AbayoboziBurundiDemukarasiIheneOLUCOMEUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Gatwa Yatowe Nk’Umugabo W’Umwaka Mu Bwongereza
Next Article Mu Ntambara Na Hamas Israel Igeze Aho Ikwiriye Kwitondera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?