Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Umudepite Yakubiswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2025 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umudepite wo mu ishyaka riharanira iterambere ry’Abatwa bo mu Burundi witwa Jean-Baptiste Sindayigaya( Ifoto@Burundi Iwacu)
SHARE

Umudepite wo mu ishyaka riharanira iterambere ry’Abatwa bo mu Burundi witwa Jean-Baptiste Sindayigaya yakubiswe n’abantu batahise bamenyekana benda kumumena ijisho.

Yabwiye itangazamakuru ryo mu gihugu cye ko akurikije uko yabibonye abamukubise ari abakozi b’Urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza mu Burundi rwitwa le Service national des renseignements.

Avuga ko ibyo abyemeza ashingiye k’uburyo yabonye abo bantu bambaye, imodoka bari batwaye n’uburyo bamufashe.

Bari bari mu modoka ifite ibirahure byijimye yo mu bwoko bwa pick-up, bamukubitira mu Kamenge mu Majyaruguru ya Bujumbura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ishyaka rye ryitwa L’association Uniproba( Unissons-nous pour la promotion des Batwa) ryamaganye ibyamubayeho, rivuga ko bidakwiye ko Umudepite uhagarariye inyungu z’abaturage akubitwa bene ako kageni!

Emmanuel Nengo uvugira uyu muryango yabwiye Burundi Iwacu ati: “ Twababajwe n’ibyabaye ku muntu wacu. Biteye ubwoba kumva ko hari umuntu wo kuri urwo rwego ukorerwa ibya mfura mbi bene ako kageni. Iyo urebye ifoto yashyize ku mbuga  nkoranyambaga ijisho rye ritareba neza, ubona ko bibabaje koko”.

Abo muri UNIPROBA basaba Leta gutangiza iperereza kuri urwo rugomo, abarugizemo uruhare bose bagakurikiranwa.

Nengo asaba Leta gutangaza impamvu uhagarariye Abatwa ari we wahohotewe bene ako kageni, akavuga ko akarengane nk’ako kadakwiye kuzagira undi gakorerwa mu gihugu.

Jean-Baptiste Sindayigaya ni Umudepite wo mu Ntara ya Kirundo, akaba ahagarariye Abatwa mu Nteko cyane cyane inyungu z’urubyiruko rwabo.

- Advertisement -

Ntibiramenyekana niba gukubitwa kwe gufitanye isano no kubangamira ibikorwa byo kwiyamamaza kw’ishyaka riri k’ubutegetsi, CNDD-FDD, riri muri ibi bikorwa hirya no hino mu gihugu.

Ku rundi ruhande, Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi Colonel de Police Pierre Nkurikiye avuga ko gukubitwa kwa Depite Sindayigaya kwatewe ahanini n’ubusinzi.

Avuga ko yakubitiwe muri rwaserera yakurikiye intonganya zabayeho ubwo imodoka eshanu zirimo n’iya Depite zahuriraga mu muhanda RN1 mu Kamenge hakabura uha undi inzira.

Intonganya zakurikiyeho nizo zatumye umwe mu batonganaga akubita Jean-Baptiste Sindayigaya nk’uko Umuvugizi wa Polisi abyemeza.

Col Nkurikiye avuga ko iperereza ryatangijwe ngo hamenyekane neza uko byagenze.

TAGGED:AbatwaAmatoraGukubitwaNkurikiyePolisiUmudepite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC
Next Article Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahanga

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?