Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwa Mbere Muri Amerika Umwirabura Yahawe Kuyobora Ingabo Zitwa US Marines Corps
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bwa Mbere Muri Amerika Umwirabura Yahawe Kuyobora Ingabo Zitwa US Marines Corps

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2022 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva Leta zunze ubumwe z’Amerika zatangaza ko zibaye igihugu kigenga, hari taliki 04, Nyakanga, 1776 ubu hashize imyaka 246, nibwo bwa mbere Umwirabura udafite andi amaraso akomokaho, ahawe ipeti rya Jenerali w’inyenyeri enye akagirwa n’Umugaba mukuru w’ingabo zidasanzwe zitwa US Marines Corps.

Yitwa Gen. Michael E. Langley.

Uyu mugabo yavuze ko kuba ageze kuri uru rwego abikesha umurage Se yamuhaye wo gukora cyane agamije  kuba ku isonga mu bintu byose.

Avuga ko inshingano ahawe zizabera abandi Birabura n’urubyiruko muri rusange ishingiro ryo gukora cyane kugira ngo bagere kure heza hashoboka mu kazi gafitiye igihugu akamaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Langley yavukiye ahitwa Shreveport muri Leta ya Louisiana, Se nawe akaba yari umusirikare mu ngabo zirwanira mu kirere.

Mu mwaka wa 1985 nibwo yahawe ipeti rya Second Lieutenant. Yari arangije amasomo muri Kaminuza ya Texas afitwa Arlington.

Ipeti rya Jenerali w’inyenyeri enye n’inshingano zo kuyobora US Marines Corps yariherewe mu kigo cya gisirikare cy’aba Marines kitwa Marine Corps Barracks  kiri i Washington.

Kuba ayoboye aba basirikare ni ikintu kizandikwa mu mateka kubera ko ubwo cyashingwaga mu mwaka wa 1775, ni ukuvuga habura umwaka umwe ngo Amerika itangaze ko ari igihugu kigenga, abayishinze bari bararahiye ko nta Mwirabura uzayobora uyu mutwe.

Ibi byaje guhinduka mu mwaka wa 1942, ni ukuvuga nyuma y’imyaka 167, US Marines Corps ishinzwe.

- Advertisement -

Hari hashize umwaka umwe ibirindiro by’ingabo z’Amerika bitewe n’ibitero by’Abayapani byagabwe n’indege nyuma y’akazi k’ubutasi kakozwe n’Umuyapani witwaga Takeo Yoshikawa.

Iby’uko Umwirabura yaba Jenerali mu ngabo z’Amerika kandi muri uriya mutwe wa Marines byabaye bwa mbere mu mwaka wa 1979 nyuma y’uko uwayoboraga Amerika mu bihe by’Intambara ya mbere yise witwa Henry Truman atangarije ko n’Abirabura bagomba kugira uruhare rugaragara mu mikorere y’ingabo za Marines.

US Marines Corps ni umutwe w’ingabo z’Amerika zirwanira ku butaka zitabazwa aho rukomeye

Hari hashize igihe gito Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’Amerika Jenerali

Lloyd Austin  atangaje ko Perezida Biden yahaye Langley ipeti rya Jenerali w’inyenyeri enye ariko ko kurimwambika bigomba kubanza kwemezwa na Sena y’Amerika nk’uko bikorwa no ku bandi basirikare.

Sena rero iherutse kumwemeza ndetse Perezida Biden ahita amugira umugaba w’ingabo za Marines.

Yari asanzwe ari we uyoboye Ingabo z’Amerika zishinzwe gucunga Afurika zitwa US Africa Command zifite ikicaro mu Budage ahitwa  Stuttgart.

Amateka y’Amerika arerekana ko mu myaka mike ishize, imyumvire y’uko Abirabura batagombye guhabwa imyanya ikomeye mu buzima bw’Amerika yahindutse.

Barrack Obama mu biro bye akiri Perezida w’Amerika

Uretse kuba Barrack Obama yarabaye Perezida wa mbere w’Amerika ufite amaraso yo muri Afurika, ubu na Visi Perezida w’Amerika ni umugore ufite amaraso y’Umwirabura n’Umuhinde.

Yitwa Kamala Harris.

Kamala Harris
TAGGED:AmerikaBuyapanifeaturediIngaboJenerali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikoranabuhanga Ryo Ku Rubuga IREMBO Rirashaje
Next Article Imijyi Ya Gatsibo Yaradindiye ‘Ugereranyije’ N’Ahandi Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?