Bwa Mbere RSSB Tigers BBC Igiye Guhagararira u Rwanda Muri BAL

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Iyi kipe iri mu makipe mashya ariko ahagaze neza.

Abakinnyi ba APR BBC baherutse kubwirwa n’ubuyobozi bwabo ko batazakina imikino ya Shampiyona ya Basketball Nyafurika ya BAL( Basketball Africa League) izabera muri Afurika y’Epfo.

Babimenye nyuma y’uko Federasiyo y’uyu mukino itangaje ko u Rwanda ruzahagararirwa na RSSB Tigers BBC.

APR BBC isanganywe igikombe cya Shampiyona ya Basketball y’umwaka w’imikino 2024-25, ikaba ari yo yagombaga kuzitabira imikino y’ayo majonjora ariko biza guhinduka.

Mu minsi mike ishize, abayobozi ba APR BBC begereye abakinnyi bababwira ko ibyo kujya muri ririya rushanwa bitagikunze kandi barabyumvise.

Federasiyo ya Basketball mu Rwanda, FERWABA, yahise igena ko RSSB Tigers BBC ari yo izajyayo.

Ikipe RSSB Tigers BBC ni imwe mu makipe akiri mashya ariko amaze kugera ku rwego rwiza muri Basketball yo mu Rwanda.

Yatangiye mu mwaka wa 2019 itangirira i Kigali.

Yashinzwe n’umushoramari wahoze akina Basketball witwa Francis Shyaka, mu gihe umutoza wayitoje bigatinda kandi akayigeza aheza ari Henry Mwinuka, wigeze gutwara shampiyona inshuro nyinshi mu Rwanda.

Nubwo ikiri nshya, imaze kugera ku bintu bikomeye birimo igikombe cya Rwanda Cup yegukanye mu mwaka wa 2025 itsinze ikipe ya REG BBC ku mukino wa nyuma.

Yegukanye Super Cup ya 2026 itsinze APR BBC amanota 78–68.

Mu mwaka wa 2021–2022 yageze muri ½ cya shampiyona (semifinals) kandi mu myaka yakurikiyeho yakomeje kwiyubaka no guhatanira ibikombe bikomeye mu Rwanda.

Ifite abakinnyi bakomeye b’Abanyarwanda n’abaturutse mu mahanga kandi muri iki gihe ikora uko ishoboye ngo ibe mu makipe ya mbere muri uyu mukino nk’uko bimeze kuri APR BBC, REG BBC na Patriots BBC.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *