Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwongereza: Umwana W’Umunyarwanda Uvugwaho Kwica Bagenzi Be Arwaye Autism
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Bwongereza: Umwana W’Umunyarwanda Uvugwaho Kwica Bagenzi Be Arwaye Autism

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2024 12:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Bwongereza haravugwa inkuru n’ubu igiteje abantu ubwoba y’umwana w’Umunyarwanda w’imyaka 17 uherutse kwicisha bagenzi be batatu icyuma. Igishya cyamenyekanye ni uko yari asanganywe indwara bita autism irangwa no kwigunga no kugira imyitwarire idasanzwe ku bana bayifite.

Abaturanyi b’iwabo bavuga ko uwo mwana yakundaga kwibera mu rugo aririmba kandi ngo ntiyajyaga avugisha kenshi abo babana.

Mu rukiko aho aherutse kugezwa ngo abazwe iby’uko yishe abo bana, yanze kugira ijambo ahahingutsa.

Abashinjacyaha bavuga ko no mu bisanzwe atajyaga avuga kandi abacamanza bavuga ko hari raporo bahawe n’abaganga yemeza ko uwo mwana yari afite indwara ya autism.

Yari asanzwe akunda kuririmba, akaba umwana uhora utuje.

Ubwo yateraga bagenzi be icyuma batatu bagapfa, yari abasanze mu cyumba bigiragamo kuririmba no kubyina indirimbo zirimo n’iza Taylor Swift.

Ikinyamakuru kitwa The Mirror kivuga ko abaturage bakibwiye ko kuva na kera uwo mwana yaririmbaga cyane abaturanyi bakabyumva.

Ni gake yasohokaga mu nzu iwabo, kuko ubundi yabaga yibereye iwabo.

Asanzwe abana n’iwabo na mukuru we ufite imyaka 20.

Uyu mwaka mu Cyumweru gitaha azaba yujuje imyaka 18 y’amavuko.

Imwe mu ngingo ziri kuganirwaho nyuma y’ibyo uwo mwana avugwaho gukora ni iy’uko umucamanza yatangaje amazina ye kandi uwo mwana atari yagira imyaka y’ubukure.

Umucamanza witwa Andrew Menary aherutse kuvuga ko gutangaza amazina y’uriya mwana( Taarifa ntiyatangaza) byatewe n’uko n’ubusanzwe itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga bari bamaze kumuvuga.

Avuga ko kutamutangaza amazina ntacyo byari bumwungure kuko hari amakuru yari yatangiye kumuvugwaho kandi mabi ku buryo yari buzamure urwango hagati y’iwabo n’abaturanyi.

Nyuma yo kumva iby’uko uwo mwana yakoze ayo mahano, abaturage bagiye mu mihanda barigaragambya ndetse bikomerekeramo n’abapolisi.

Abaturage bari batekereje ko ibyo yakoze ari igitero cy’umutwe w’iterabwoba, bituma bajya mu mihanda kwamagana uburangare bwa polisi yabo.

Umucamanza avuga ko kuba yarahisemo kuvuga amazina y’uwo mwana ari byo byiza kurusha kutamuvuga abantu bakamuhimbira ibyo atakoze, ibyo yakoze bakabisiga umunyu.

Twabamenyesha ko uwo mwana azuzuza imyaka y’ubukure ku wa Gatatu w’Icyumweru gitaha.

Umwana ukurikiranyweho ibyaha byo kwica no kugambirira kwica akomoka ku Banyarwanda, akaba yaravutse mu mwaka wa 2006 avukira ahitwa Cardiff mu Bwongereza.

Iwabo baje kwimukira ahitwa Banks muri Lancashire mu mwaka wa 2013

Akurikiranyweho kicwa abana batatu barimo Bebe King w’imyaka itandatu,  Elsie Dot Stancombe w’imyaka irindwi na Alice Dasilva Aguiar w’imyaka icyenda.

Yari agiye no kwica mwarimu witwa Leanne Lucas w’imyaka 35 y’amavuko na rwiyemezamirimo witwa John Hayes.

TAGGED:AutismBwongerezafeaturedIcyumaUmwanaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Maroc Yasezeranyije Uburundi Kubufasha Kuva Mu Bukene
Next Article Mu Imurika Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi Haramurikwa Ingurube Ifite Ibilo300
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?