Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Byemejwe Ko Isiganwa Ry’Amagare Ku Rwego Rw’Isi Rizabera Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Byemejwe Ko Isiganwa Ry’Amagare Ku Rwego Rw’Isi Rizabera Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2023 3:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri wa Siporo afatanyije n’ubuyobozi  bw’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi( UCI) no mu Rwanda, FERWACY, batangaje ku mugaragaro ko u Rwanda ruzakira isiganwa ry’amagare ku rwego rw’isi rizaba ribereye bwa mu mbere muri Afurika mu mwaka wa 2025.

Iri siganwa rizazenguruka u Rwanda rwose.

Aurore Munyangaju Mimosa uyobora Minisiteri ya siporo yavuze ko u Rwanda rwiteguye muri byose kandi ngo ni ikintu rumaze iminsi rushyira ku murongo.

Yagize ati: “ Duhaye ikaze abazitabira iri siganwa, baba abakinnyi, abatoza, abagize tekiniki n’abandi bose bazaza, bazaze barisanga.”

Minisitiri Munyangaju avuga ko u Rwanda rusanzwe rwakira amarushanwa mpuzamahanga bityo ko rwamaze gushyiraho uburyo bwose bwo kuzakora ku buryo ririya rushanwa ryo ku rwego rw’isi naryo rizagenda neza.

Umuyobozi mukuru w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abakina umukino wo ku magare ku rwego rw’isi witwa  Amina Lanaya yavuze ko bemeje ko ririya siganwa rizabera mu Rwanda kubera ko bari bazi neza ko rwashobora kuryakira.

Lanaya avuga ko basanze u Rwanda rukwiye kwakira iri siganwa

Lanaya yavuze ko u Rwanda rugomba kumva ko ari igihugu kigirirwa icyizere mu rwego mpuzamahanga haba mu mikino no mu zindi nzego.

Uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda  Belén Calvo Uyarra avuga ko bazakomeza gukorana narwo mu bubanyi n’amahanga bushingiye kuri siporo.

Abikorera ku gito cyabo basezeranyije abari aho ko mu gihe cya ririya rushanwa, abazaryitabira bazaba bafite ibyo bakeneye byose ngo babe i Kigali kandi neza.

Umuyobozi wungirije wa Polisi Commissioner of Police (CP) Vincent Sano nawe yabwiye abari aho ko Polisi izaha umutekano usesuye ubwo ari we wese uzitabira iriya rushanwa.

CP Vincent Sano

Avuga ko imihanda abasiganwa bazakoresha itazabuza urujya n’uruza rw’abakoresha umuhanda bajya cyangwa bava mu kazi kabo.

CP Sano avuga ko Polisi isanzwe icungira umutekano abitabira amasiganwa ari ku rwego rwo hejuru bityo ko na ririya ritazabamo ikibazo.

Biteganyijwe ko abantu bagera ku 10,000 bazitabira iriya rushanwa rizaba mu mwaka wa 2025.

TAGGED:AmagarefeaturedIsiganwaKigaliMunyangajuSano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yongeye Akurira M23 Inzira Ku Murima Ko Atazaganira Nayo
Next Article Gakenke Yahawe Isange One Stop Center Ya Gatatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?