Byemejwe: Museveni Yongeye Gutsinda Amatora

Bwana Simon Byabakama uyobora Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda amaze gutangaza ko ibyavuye mu matora y’Umukuru y’igihugu yabaye ku wa Kane tariki 14 Mutarama, 2021 byerekana ko Museveni ari we wayatsinze.

Museveni yagize amajwi yose hamwe 5,851,037  ni ukuvuga 58% naho  Kyagulanyi agira 3,475,298 ni ukuvuga  34.83%.

Abandi ni  Patrick Amuriat wagize  323536  ni ukuvuga 3.24%.

Ni ubwa mbere mu mateka Perezida Museveni agize amajwi agera kuri 50 %.

- Advertisement -

Byerekana ko afite umuntu bahanganye ufite imbaraga.

Kuva icyo gihe yakoze uko ashoboye ateza imbere Uganda, ayigira icyo we na bagenzi bise ‘Isaro  ry’Afurika.’

Yubatse igisirikare gikomeye ndetse k’ubufatanye n’ingabo za USA yaje gutsinda abamurwanyaga harimo abasirikare ba Lord Resistance Army bayobowe na Joseph Kony.

Muri iyi minsi ariko hari urubyiruko rwa Uganda rusa n’aho rutamushaka, ahubwo rwumva ko habaho impinduka.

Hadutse Bobi Wine aza adasanzwe…

Mu minsi mike ishize, umugabo witwa  Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine yiyemeje kwiyamamariza kuyobora Uganda maze ahinduka umukundwa w’urubyiruko.

Kuva yatangira kwiyamamaza yahuye n’abamucaga intege bityo bikaba ari uburyo bwo kumuca intege.

Abamushyigikiye bagiye mu mihanda bigaragambya bamagana ifungwa rye ariko bararaswa, barapfa abandi barakomereka.

Uyu Bobi Wine yahoze ari umuhanzi uri mu bakunzwe muri Uganda.

Kuba aterwa inkunga y’ibitekerezo na Dr Kizza Besigye wahoze ahanganye na Museveni mu bya Politiki byamwongereye imbaraga za Politiki bituma ijwi rye rigera kure ndetse no bakuze bakoranye na Museveni bakaba basa n’abatakimushaka.

Simon Byabakama niwe watangaje ibyavuye mu matora
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version