Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CANAL+ Ikomeje Kudabagiza Abanyarwanda Muri Poromosiyo Y’Imyaka 30
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

CANAL+ Ikomeje Kudabagiza Abanyarwanda Muri Poromosiyo Y’Imyaka 30

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sosiyete icuruza amashusho ya CANAL+ yahembye abanyamahirwe ba kabiri bagera kuri 30 batsindiye ifatabuguzi( abonnement) ryo kureba amashene yose k’ubuntu mu mezi 12, amezi 30 ndetse iboneraho no kwibutsa Abanyarwanda kurushaho gukoresha impano yabageneye mu gihe iki kigo kizihiza isabukuru y’imyaka 30 gikorera muri Africa.

N’ibihembo bitangazwa binyuze kuri Televiziyo y’igihugu, aho abakiliya ba CANAL+ Rwanda banyuranye baguze ifatabuguzi mu kwezi kwa Kamena batoranywamo abantu 30 bagize amahirwe yo gutsindira ririya fatabuguzi ry’ubuntu.

Jean Bosco Munyaneza watsindiye umwaka wo kureba amashene yose k’ubuntu yashimye CANAL+ Rwanda kuba yarahisemo kugenera impano abakiliya bayo, ndetse ashimangira ko bizamugabanyaho umutwaro wo kugura ifatabuguzi rya  buri kwezi.

Undi witwa Nsabimana Sugira watsindiye amezi 30 nawe avuga ko ari iby’agaciro gakomeye kuba umwe mu banyamahirwe batsindiye ririya fatabuguzi ry’ubuntu, maze aboneraho no gukangurira Abanyarwanda kugura ifatabuguzi kugira ngo aya mahirwe abagereho.

Iyi poromosiyo ya CANAL+ izarangira tariki 30 Kamena 2022.

Iyo umukiliya aguze ifatabuguzi nkiryo yaherukaga kugura ahita ahabwa iminsi 30 y’ubuntu yo kureba amashene yo ku ifatabuguzi ryisumbuye kuryo yaguze.

Kugura ifatabuguzi kandi bitanga amahirwe ku mukiliya wa CANAL+ akinjira muri Tombola yo gutsindira ifatabuguzi ryiswe UBUNTU ry’amezi 12 cyangwa amezi 30.

Uretse poromosiyo y’ifatabuguzi, Umunyarwanda wifuza kuba umukiliya wa CANAL+ ari kugura dekoderi ku bihumbi Frw 5,000  akanakorerwa Installation ku Frw  5,000 gusa.

Izi poromosiyo zose zikaba zizarangira tariki 31 Kamena 2022.

Mu mwaka wa 1992 nibwo CANAL+ yatangiye gukorera muri Afurika .

Icyo gihe yatangiye ikorera Senegal ifite shene imwe gusa.

Mu 1998, CANAL+ yongereye umubare w’amashene yatangaga muri Afurika, ava kuri imwe agera kuri 20.

Nyuma y’aho gato ni ukuvuga mu mwaka wa 2012 nabwo umubare wavuye kuri 20 ukagera ku mashene 100.

Magingo aya, CANAL+ ifite amashene arenga 200 harimo ayo mu Rwanda, Afurika ndetse no ku Mugabane w’u Burayi.

TAGGED:Canal +featuredRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 46 Basanzwe Barapfiriye Mu Ikamyo Itwara Imizigo
Next Article Abarwanyi Bo Muri Cabo Delgado Baravugwaho Guhindura Umuvuno
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?