Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CANAL+ Rwanda Mu Bufatanye Bwo Kurengera Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CANAL+ Rwanda Mu Bufatanye Bwo Kurengera Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 October 2021 7:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo Canal + gisanzwe gicuruza serivisi z’itumanaho harimo no gutanga amashusho kinjiye mu mushinga wo kurengera ibidukikije. Ni mucyo bise ‘Ukwezi Kumwe, Impamvu Imwe’ ( 1 MOIS 1 CAUSE).

Ubuyobozi bwa CANAL+ Rwanda buvuga ko bwatangije iriya gahunda mu rwego rwo gufasha Leta y’u Rwanda mu mushinga wayo w’igihe kirekire wo gutuma umujyi wa Kigali  uba ahantu hatoshye ibyo bita mu Cyongereza Green City, byose bikubiye mu cyerekezo cya 2050.

Ni muri urwo rwego, CANAL+ Rwanda yatangije umushinga mugari wo gukusanya dekoderi zishaje zitakibasha kwakira amashusho mu buryo bushimishije kugira ngo zihurizwe hamwe zitunganywe neza.

Abafite Dekoderi zishaje basabwe kuzishyira Canal + zikanagurwa cyangwa zigasanwa zikongera zigakora

Dekoderi zitagikora ziri muri mu rwego rw’imyanda ya elegitoronike.

Iyo idakusanyirijwe hamwe ngo ijyanwe ahatu inagurwe, cyangwa se itabwe ahantu hamwe kugira ngo ivanwe mu ngo, ihinduka ikibazo gikomeye ku buzima bw’abantu n’ibindi binyabuzima.

Kubera izo mpamvu, CANAL+ Rwanda yahisemo gutangiza ubukangurambaga bunini bwo gukusanya dekoderi zishaje zitacyakira amashusho yo mu rwego rwo hejuru kugira ngo zitunganywe neza.

Iki gikorwa kikaba kizatangira ku ya 1 Ugushyingo 2021.

CANAL+ Rwanda irasaba abafatabuguzi kugarura dekoderi bafite zishaje ku maduka ndetse no ku bacuruzi bemewe.

Izi dekoderi zizakusanyirizwa hamwe maze zoherezwe ku ruganda rwa ‘Enviroserve Rwanda’ ruri mu Kagari ka Ramiro mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera  kugira ngo zitunganywe.

Ibice bya pulasitike bizajanjagurwa kugira ngo bikoreshwe mu zindi nganda, mu gihe ibyuma bizasukurwa bikongera gukoreshwa mu buryo busukuye.

Canal+ Rwanda yahisemo gukorana na ‘Enviroserve Rwanda Green Park’ nk’ikigo cy’intangarugero mu gusukura imyanda ya elegitoronike muri Afrika y’i Burasirazuba.

Umuyobozi wa Canal + Rwanda Madamu Sophie Tchatchoua yagize ati: “ Twe nka Canal + dukorana n’u Rwanda mu nzego zo guteza imbere imibereho y’abari n’abategarugori, kuzamura uburezi ndetse no kwita ku bidukikije. Ubu rero twinjiye mu bidukikije. Ni urwego rufite akamaro mu kurinda ubuzima bw’abaturage barimo n’abakiliya bacu kugira ngo tugire uruhare mu kugira ubuzima bwiza bw’abatuye u Rwanda.”

Sophie Tchatchoua aganira n’abanyamakuru

EnviroServe Rwanda Green Park ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Guverinoma y’u Rwanda nayo yasinye amasezerano y’ubufatanye mu gukusanya no gutunganya imyanda y’ibikoresho binyuranye kugira ngo byongere gukoreshwa.

Madamu Sophie Tchatchoua hari ubutumwa yasigiye abo muri ruriya ruganda
TAGGED:BugeseraCanal +featuredIbidukikijeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ya G20 i Roma
Next Article Impamvu Byafashe Igihe Kirekire Ngo Abanyarwanda Bemere Inkiko Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?