CANAL+ Rwanda Yatangije Poromosiyo Yayo Yiswe Hahiye !!!

Ikigo gicuruza amashusho mu Rwanda CANAL+ Rwanda cyiyemeje gukura Abanyarwanda bose mu bwigunge. Cyatangije  poromosiyo yiswe Hahiye !!! aho ibikoresho byose ari Frw 5000 ndetse na no kubimanika bikaba andi Frw 5000.

Intego ni uko  buri wese areba ibiganiro byiza mu mashusho meza agezweho.

Ikindi gishya CANAL+ Rwanda yashyize hanze ni Application CANAL.

Iyi ni  uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha umuntu utunze telefoni zigezweho kureba televiziyo akoresheje iyo ‘app’, ikaba iboneka kuri Google store cyangwa Apple Store.

- Advertisement -

Umuyobozi mukuri wa CANAL+ mu Rwanda Sophie TCHATCHOUA yavuze ko iyi poromosiyo igamije gufasha abakiliya bacikanywe na poromosiyo zashize kugira ngo nabo bashobore kuza mu muryango mugari wa CANAL+Rwanda

Ati: “ Uhereye ku biganiro birimo amafilime meza, imipira nka Champions League ndetse n’irushanwa rya Basket (BAL) riri kunyura kuri Canal+ 1, Umunywarwanda wese yakagombye kutadicikwa naya mahirwe ya poromosiyo.”

Ni poromosiyo yatangijwe uyu munsi taili 11, Werurwe,  izarangira kuya 31 Werurwe 2022.

Agashya ku bafatabuguzi bashya ni uko nibongera kugura ifatabuguzi ryabo bazajya bahita bahabwa iminsi 14 bareba amashene ysumbuye, naho abakiliya basanzwe nabo uko baguze ifatabuguzi irindi ritararangira bahabwa iminsi irindwi bareba amashene yisumbuye ho.

Muneza Claire ushinzwe itunamaho muri Canal + Rwanda ubwo yabwiraga abanyamakuru uko iriya poromosiyo izakora
Umukozi muri Canal + Rwanda ushinzwe ubucuruzi avuga ko abashya n’abari basanganywe ifatabuguzi rya Canal + bazungukirwa n’iriya poromosiyo
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version