Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canal + Yorohereje Abanyarwanda Kureba Imikino ya EURO 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Canal + Yorohereje Abanyarwanda Kureba Imikino ya EURO 2020

admin
Last updated: 20 May 2021 4:19 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gicuruza serivisi z’amashusho ya televiziyo, Canal +, cyashyize igorora abifuza kureba imikino ya UEFA Euro 2020 izatangira mu kwezi gutaha, kigabanya kabiri ibiciro bya dekoderi.

Ni ukuvuga ko guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gicurasi, abifuza gutunga dekoderi ya Canal + basabwa gutanga 5000 Frw gusa, mu gihe yaguraga 10.000 Frw.

Irushanwa rya EURO 2020 rigiye gukinwa muri uyu mwaka mu gihe ryagomba kuba mu mwaka ushize, riza gusubikwa kubera ko ubwandu bwa COVID-19 mu bihugu by’i Burayi.

Rizabera mu mijyi 11 itandukanye yo mu bihugu bigize UEFA, imikino ikazatangira ku wa 11 Kamena ikazasozwa ku wa 11 Nyakanga. Iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe 24

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukino ufungura irushanwa uzabera kuri Stadio Olimpico i Roma, uhuze Turikiya n’u Butaliyani saa tatu z’ijoro. Imikino guhera muri kimwe cya kabiri n’umukino wa nyuma izabera kuri Wembley Stadium mu Bwongereza.

Canal + nk’ikigo kizerekana iriya mikino, cyashyize igorora abakeneye gutunga dekoderi. Uretse kugura dekoderi ku 5000 Frw, kugira ngo umuntu arebe iriya mikino bizamusaba gusa kuba afite ifatabuguzi Zamuka rigura 10.000 Frw.

Icyo gihe azaba afite amashene azanyuzwaho iriya mikino ya Canal + Sport 1, Canal+ Sport 2 na Canal+ Sport 3. Ni amashene ubundi yabonekaga ku ifatabuguzi ZAMUKA NA SIPORO, rigura 20.000 Frw.

Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatachoua, kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko bagabanyije ibi biciro kugira ngo buri muturarwanda aryoherwe n’iyi mikino.

Ati “Twagabanyije ibi biciro kugira ngo buri wese abashe gutunga CANAL+ by’umwihariko muri iyi mikino ya Euro 2020, ni ibiciro biri hasi ntekereza ko ari byo bihendutse muri Afurika.”

- Advertisement -

Ni poromosiyo izarangirana n’iri rushanwa ku wa 11 Nyakanga 2021.

Uko amakipe agabanyijwe mu matsinda

  • Itsinda A: U Butaliyani, U Busuwisi, Turikiya, Wales
  • Itsinda B: U Bubiligi, U Burusiya, Denmark, Finland
  • Itsinda C: Ukraine, U Buholandi, Austria, North Macedonia
  • Itsinda D: U Bwongereza, Croatia, Czech Republic, Scotland
  • Itsinda E: Espagne, Poland, Sweden, Slovakia
  • Itsinda F: U Budage, U Bufaransa, Portugal, Hungary

Buri tsinda rizajya rikinira mu mijyi ibiri itandukanye. Ikipe ya mbere n’iya kabiri mu itsinda niyo akomeza mu cyiciro gikurikira.

Imijyi izakira imikino n’ibibuga bizakinirwaho:

  • Amsterdam (u Buholandi) – Johan Cruyff Arena
  • Baku (Azerbaijan) – Olympic Stadium
  • Seville (Espagne) – Ramon Sanchez-Pizjuan Stadium
  • Bucharest (Romania) – Arena Națională
  • Budapest (Hungary) – Puskas Arena
  • Copenhagen (Denmark) – Parken Stadium
  • Glasgow (Scotland) – Hampden Park
  • London (U Bwongereza) – Wembley Stadium
  • Munich (U Budage) – Allianz Arena
  • Rome (U Butaliyani) – Stadio Olimpico
  • Saint Petersburg (U Burusiya) – Krestovsky Stadium

Iri rushanwa riba buri myaka ine. UEFA EURO 2016 yegukanywe na Portugal.

Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatachoua (hagati), aganira n’abanyamakuru

TAGGED:Canal +EURO 2020featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Icyo Ibigo 18 By’Ubutasi Bw’Amerika Ku Isi Bishinzwe
Next Article Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?