Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canal + Yorohereje Abanyarwanda Kureba Imikino ya EURO 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Canal + Yorohereje Abanyarwanda Kureba Imikino ya EURO 2020

Last updated: 20 May 2021 4:19 pm
Share
SHARE

Ikigo gicuruza serivisi z’amashusho ya televiziyo, Canal +, cyashyize igorora abifuza kureba imikino ya UEFA Euro 2020 izatangira mu kwezi gutaha, kigabanya kabiri ibiciro bya dekoderi.

Ni ukuvuga ko guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gicurasi, abifuza gutunga dekoderi ya Canal + basabwa gutanga 5000 Frw gusa, mu gihe yaguraga 10.000 Frw.

Irushanwa rya EURO 2020 rigiye gukinwa muri uyu mwaka mu gihe ryagomba kuba mu mwaka ushize, riza gusubikwa kubera ko ubwandu bwa COVID-19 mu bihugu by’i Burayi.

Rizabera mu mijyi 11 itandukanye yo mu bihugu bigize UEFA, imikino ikazatangira ku wa 11 Kamena ikazasozwa ku wa 11 Nyakanga. Iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe 24

Umukino ufungura irushanwa uzabera kuri Stadio Olimpico i Roma, uhuze Turikiya n’u Butaliyani saa tatu z’ijoro. Imikino guhera muri kimwe cya kabiri n’umukino wa nyuma izabera kuri Wembley Stadium mu Bwongereza.

Canal + nk’ikigo kizerekana iriya mikino, cyashyize igorora abakeneye gutunga dekoderi. Uretse kugura dekoderi ku 5000 Frw, kugira ngo umuntu arebe iriya mikino bizamusaba gusa kuba afite ifatabuguzi Zamuka rigura 10.000 Frw.

Icyo gihe azaba afite amashene azanyuzwaho iriya mikino ya Canal + Sport 1, Canal+ Sport 2 na Canal+ Sport 3. Ni amashene ubundi yabonekaga ku ifatabuguzi ZAMUKA NA SIPORO, rigura 20.000 Frw.

Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatachoua, kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko bagabanyije ibi biciro kugira ngo buri muturarwanda aryoherwe n’iyi mikino.

Ati “Twagabanyije ibi biciro kugira ngo buri wese abashe gutunga CANAL+ by’umwihariko muri iyi mikino ya Euro 2020, ni ibiciro biri hasi ntekereza ko ari byo bihendutse muri Afurika.”

Ni poromosiyo izarangirana n’iri rushanwa ku wa 11 Nyakanga 2021.

Uko amakipe agabanyijwe mu matsinda

  • Itsinda A: U Butaliyani, U Busuwisi, Turikiya, Wales
  • Itsinda B: U Bubiligi, U Burusiya, Denmark, Finland
  • Itsinda C: Ukraine, U Buholandi, Austria, North Macedonia
  • Itsinda D: U Bwongereza, Croatia, Czech Republic, Scotland
  • Itsinda E: Espagne, Poland, Sweden, Slovakia
  • Itsinda F: U Budage, U Bufaransa, Portugal, Hungary

Buri tsinda rizajya rikinira mu mijyi ibiri itandukanye. Ikipe ya mbere n’iya kabiri mu itsinda niyo akomeza mu cyiciro gikurikira.

Imijyi izakira imikino n’ibibuga bizakinirwaho:

  • Amsterdam (u Buholandi) – Johan Cruyff Arena
  • Baku (Azerbaijan) – Olympic Stadium
  • Seville (Espagne) – Ramon Sanchez-Pizjuan Stadium
  • Bucharest (Romania) – Arena Națională
  • Budapest (Hungary) – Puskas Arena
  • Copenhagen (Denmark) – Parken Stadium
  • Glasgow (Scotland) – Hampden Park
  • London (U Bwongereza) – Wembley Stadium
  • Munich (U Budage) – Allianz Arena
  • Rome (U Butaliyani) – Stadio Olimpico
  • Saint Petersburg (U Burusiya) – Krestovsky Stadium

Iri rushanwa riba buri myaka ine. UEFA EURO 2016 yegukanywe na Portugal.

Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatachoua (hagati), aganira n’abanyamakuru

TAGGED:Canal +EURO 2020featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Icyo Ibigo 18 By’Ubutasi Bw’Amerika Ku Isi Bishinzwe
Next Article Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?