Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2021 5:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Papa Francis aherutse kugira Cardinal Antoine Kambanda umwe mu ba Cardinals bagize Ihuriro rishinzwe kwita ku nyigisho za Kiliziya Gatulika, Ihuriro mu Gifaransa bita La Congrégation pour l’éducation catholique. Papa Francis yamuhaye ziriya nshingano tariki 29, Nzeri, 2021.

Iri huriro ryashinzwe mu mwaka wa 1588 rishingwa na Papa Sixte V, ariko ubwo riheruka kuvugururwa hari mu mwaka wa 2013 bikozwe na Papa Benoît XVI.

Imwe mu nshingano z’abarigize ni ugutegura no kunonosora integanyanyigo za Kiliziya Gatulika zigishwa mu mashuri ya Seminari atagura abitegura kuzaba Abasaseridoti.

Ikinyamakuru La Croix International dukesha iyi nkuru kivuga ko ririya Huriro ari ryo rishinzwe kugenzura imikorere ya za Kaminuza zigisha amasomo ategura abazaba abapadiri kandi rikita ku bigo byose bibategurira uriya muhamagaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari izindi nshingano yari asanganywe…

Mu mpera z’umwaka wa 2020, Papa Francis yagize Cardinal Antoine Kambanda umwe mu ba cardinals bashinzwe gukurikirana uko umurimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza ukorwa ku Isi.

Ni ihuriro ryiswe  Congregation for the Evangelization of Peoples (CEP).

Rizwi ku izina rya Propaganda Fide.

Cardinal Kambanda yagizwe Cardinal taliki 28, Ugushyingo, 2020 bituma aba Umunyarwanda wa mbere ugize kuri uru rwego kuva Kiliziya Gatulika yagera mu Rwanda, hashize imyaka 120.

- Advertisement -

Izina ‘Cardinal’ bivuga Inkingi, Umusingi, cyangwa ikintu cy’ingenzi ibintu biba bishingiyeho.

Urwego rwa Papa nirwo rwonyine ruruta urwego rwa Cardinal mu nzego zose za Kiliziya Gatulika y’i Roma.

Kugira ngo umuntu abe ‘Cardinal’ biterwa n’uko aba yatowe na Nyirubutungane Papa ubwe, ku bushake bwe bwite.

Uwo muntu agomba kuba ari mu nzego za gisaseridoti, Umwepiskopi cyangwa Umupadiri, agomba kuba ari inyangamugayo, akwiye kwizerwa, agaragaza ukwemera guhamye, imyitwarire ikwiye gushimwa, arangwa n’ubushishozi mu gucunga ibya Kiliziya.

Abakaridinali ba Kiliziya Gatolika  ya Roma bagize Urugaga rwihariye (Collège cardinalice), bakaba bafite inshingano zihariye bahabwa nʾamategeko ya Kiliziya.

Inshingano yabo ya mbere ni  uko bafite ububasha bwo gutora no gutorwamo Nyirubutungane Papa, mu muhezo (conclave) utorerwamo Papa.

Ibi bigira amategeko yihariye abigenga.

Indi nshingano, Abakaridinali bafite ni ugufasha no kugira inama Nyirubutungane Papa, babikoze mu rugaga rwabo, igihe Papa yabatumiye mu gufata ibyemezo bikomeye birebana nʾubuzima bwa Kiliziya, cyangwa ku bibazo byʾingutu bireba Kiliziya .

Papa kandi ashobora gusaba inama umu Cardinal ku giti cye, bishingiye ku butumwa bwihariye afite mu kubusohoza yunze ubumwe na Papa mu buzima busanzwe bwa Kiliziya yose.

Incamake ku mateka ya Cardinal Kambanda…

Nyiricyubahiro Antoine Kambanda yavutse taliki 10, Ugushyingo, 1958.

Kubera ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi muri icyo gihe, byabaye ngombwa ko ababyeyi be bahungira mu Burundi, nyuma baza kuhava bajya muri Uganda.

Muri Uganda yahigiye amashuri abanza, ariko aza gukomereza andi muri Kenya

Muri 1983 ishyira 1984 yaje kugaruka mu Rwanda yiga muri Seminari  nto y’i Rutongo, mu cyahoze ari Kigali Ngari.

Nyuma yaje gukomereza mu ya Nyakibanda aho yize guhera muri 1984 kugeza 1990.

Taliki 08, Nzeri 1990 yaje guhabwa ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo II ubwo yari yaje gusura u Rwanda, icyo gihe akaba yarabuherewe i Kabgayi.

Nyuma yabaye umuyobozi w’amasomo muri Seminari ya Mutagatifu Visenti i Ndera, icyo gihe hari muri Kigali Ngari.

Guhera muri 1993 kugeza 1999 yari mu masomo i Roma aza kuhakura impamyabumenyi y’ikirenga mu byo bita Théologie Morale.

Ababyeyi be na batanu mubo bavukanaga ndetse n’abandi bo mu muryango bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Akiri Padiri, Antoine Kambanda yigeze gushingwa kuyobora Caritas mu mujyi wa Kigali, icyo gihe hari muri 1999, akaba yari anashinzwe Komite y’amajyambere ya Diyoseze ya Kigali, ashinzwe ndetse n’ubutabera n’amahoro muri iyo Komite.

Yigeze no kwigisha Théologie Morale muri Seminari nkuru ya Nyakibanda.

Muri 2004, Mgr Kambanda yigeze kuvuga ko ‘n’ubwo bwose hari abihaye Imana muri Kiliziya Gatulika babaye intwari bagahisha Abatutsi bahigwaga, ariko ko hari n’abandi bahemutse bakorana n’abicanyi.’

Yavuze ko bikenewe ko Kiliziya Gatulika ibamo impinduka zigamije kwikuraho icyasha yatewe n’abayoboke bayo bakoze Jenoside.

Muri 2005, yaje kugirwa Umuyobozi mukuru wa Seminari ya Kabgayi ndetse umwaka wakurikiyeho yasimbuye  Smarragde Mbonyintege wari wagizwe Musenyeri.

Muri Kamena 2011, Antoine Kambanda yayoboye itsinda ry’Abanyarwanda bagiye kunamira abahowe Imana b’i Buganda ahitwa Namugongo.

Aba bahowe Imana bishwe n’Umwami wa Buganda witwa Mwanga II, hari muri 1884.

Taliki 7, Werurwe, 2013 nibwo Papa Francis yamugize Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo, asimbuye Kizito Bahujimihigo weguye muri Mutarama, 2010.

Mu Ukwakira, 2020 nibwo Papa Francis yamugize umu Cardinal, akaba ari we ugeze ku uru rwego mu bayoboke ba Kiliziya Gatulika bose u Rwanda rwagize.

TAGGED:AbatutsiCardinalfeaturedJenosideKambandaPapaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habonetse Ibinini Birinda Abanduye COVID-19 Kuremba Kuri 50%
Next Article Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?