Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cécile Kayirebwa Yafatiwe Mu Bantu 54 Bitabiriye Imihango Yo Gusaba No Gukwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Cécile Kayirebwa Yafatiwe Mu Bantu 54 Bitabiriye Imihango Yo Gusaba No Gukwa

admin
Last updated: 30 May 2021 8:09 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gicurasi ahagana saa tanu, yafashe abantu 54 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, bitabira umuhango wo gusaba no gukwa.

Muri bariya bantu bafatiwe muri Motel yitwa Ubwiza Garden mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyakabanda, barimo n’umuhanzi Cécile Kayirebwa umenyerewe mu njyana gakondo.

Bitabiriye iriya mihango mu gihe amabwiriza  ya Leta aheruka  yo kurwanya no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 avuga ko ishyingirwa rikorewe imbere y’ubuyobozi no mu rusengero ari ryo ryemewe gusa, kandi rikitabirwa n’abantu batarenze 30, hakubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

Ibirori byo kwiyakira, gusaba no gukwa, ntibyemewe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukwe yavuze ko umuhango wo gusezerana imbere y’Imana wari kuba saa munani, ariko babanje kuva mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kacyiru bajya gusaba no gukwa umugeni.

Yemeye amakosa yakoze ayasabira imbabazi.

Yagize ati ”Twashatse kubahiriza umuco nyarwanda wo gusaba no gukwa, twari tubizi ko ibyo turimo gukora bitemewe muri iki gihe cyo kurwanya COVID-19. Ndabyicuza kandi ndabisabira imbabazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabanda, Ufiteyezu Damascene, yavuze ko barenze ku mabwiriza ya Leta nkana bategura amakoraniro atemewe, bagerageza kwihisha ubuyobozi.

Ati ”Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda hari bimwe mu bikorwa byahagaritswe harimo  imihango y’ubukwe yo gusaba bo gukwa ndetse no kwiyakira, amabwiriza yaratanzwe ahantu hose. Nta muntu watekerezaga ko hakiri abantu bafite inzu nk’izi bagitanga gahunda zo kwakira no gutegura imihango y’ubukwe yo kwiyakira, gusaba no gukwa.”

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, aboneraho kubashimira.

Yongeye kwibutsa abantu gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, kuko ntaho cyagiye kandi ntigitoranya.

Ati ”Hari abantu bakirimo kurenga ku mabwiriza nkana, byasobanuwe kenshi ko imihango yo kwiyakira,  gusaba no gukwa, bitemewe. Umuntu wese ushaka gukoresha ubukwe burimo imihango ikomatanye, byaba byiza ategereje ko amabwiriza mashya abyemeza asohoka.”

“Amabwiriza arasobanutse kandi buri muntu wese agomba kuyubahiriza uko ari, kuko umuntu umwe ashobora gukwirakwiza icyorezo mu bantu benshi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yakomeje akangurira abantu kujya bihutira gutanga amakuru kugira ngo abarenga ku mabwiriza bahagarikwe.

Abafatiwe mu muhango wo gusaba no gukwa uko ari 54 bahise bajyanwa muri stade ya Kigali i Nyamirambo kugira ngo bongere bibutswe amabwiriza yo kwirinda COVID-19, ndetse inzego zibishinzwe zibace amande.

Kayirebwa ni umwe mu bafatiwe muri uriya muhango
TAGGED:Cecile KayirebwaCOVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umucamanza W’I Nyamagabe Yafunzwe Akurikiranyweho Ruswa ya Frw 30 000
Next Article Ikigo Cyo Muri Amerika Gishaka Kubaka I Kigali Uburyo Budasanzwe Bw’Ingendo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?