Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cécile Kayirebwa Yahawe Ikamba Ry’Uwateje Imbere Umuziki Nyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Cécile Kayirebwa Yahawe Ikamba Ry’Uwateje Imbere Umuziki Nyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2024 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kayirebwa yaraye ashimiwe ko ari umuhanzi wagize uruhare rugaragara mu kuzamura umuziki nyarwanda. Yabyambikiwe ikamba n’abakunzi b’umuziki nyarwanda wa gakondo.

Muri iki gihe Cécile Kayirebwa afite imyaka 77 y’amavuko kandi ntaratezuka ku ugukora umuziki ugera benshi ku mutima.

Aho yabaye hose ku isi yahamenyekanishije umuziki gakondo nyarwanda kandi arabihemberwa.

Ibyo kumushimira byabereye mu Mujyi wa Kigali, mu gitaramo kitabiriwe n’abandi bahanzi gakondo barimo umunyabigwi Makanyaga Abdul ndetse na Orchestre Impala de Kigali ivuguruye.

Abakuru n’abato bari muri iki gitaramo basanganiye Cécile Kayirebwa mu byicaro bye bamushyira indabo ndetse n’amabahasha akubiyemo ubutumwa n’ishimwe bamuteguriye.

Kayirebwa nawe yahagurutse ajya ku rubyiniro ngo ashimire abamuhaye iryo shimwe.

Yakirijwe impundu n’amashyi y’urufaya, ashimirwa ibihangano yakoze byakunzwe n’abatari bake mu Rwanda no hanze yarwo.

Nawe yababwiye ko yishimiye iryo shimwe ati: “ Ni ukuri muranejeje cyane, ibi binkoze ku mutima murakoze cyane”.

Yashimiwe uruhare yagize mu guteza imbere umuziki gakondo nyarwanda

Cécile Kayirebwa yahise abaririmbiraindirimbo ebyiri zirimo “Umunezero” na “Rwanda” mu ijwi rye benshi bemeza ko ritajya rihinduka.

Abari aho bamufashije kuziririmba bamwereka ko banyuzwe n’ibihangano yabahaye bigaragara ko batajya babihaga.

Mu minsi yashize abarimo Makanyaga Abdul, Mariya Yohana nabo bashimiwe mu buryo nk’ubu.

Kayirebwa aritegura gutangaza igitabo cy’indirimbo ze kizaba gikubiyemo inyandiko yazo ndetse n’ibisobanuro byazo.

TAGGED:KayirebwaUmuhanziUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amb Monique Mukaruliza Yatabarutse
Next Article Gukumira Kanyanga Byatanze Umusaruro- Gov Rubingisa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?