Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Centrafrique: Abarwanyi ‘bafashe’ umujyi witwa Bambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Centrafrique: Abarwanyi ‘bafashe’ umujyi witwa Bambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2020 6:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
FILE PHOTO: A general view shows a part of the capital Bangui, Central African Republic, February 16, 2016. REUTERS/Siegfried Modola/File Photo
SHARE

Umuyobozi w’Umujyi wa Bambara witwa Abel Matchipata avuga ko hari abarwanyi bigaruriye umujyi asanzwe ayobora. Umujyi wa Bambari uri mu bilometero 380 uvuye mu Murwa mukuru Bangui.

Ibitero bya bariya barwanyi bitangijwe nyuma y’uko Guverinoma ya kiriya gihugu ishinje uwahoze ari Perezida wa Centrafrique witwa François Bozizé gushaka guhirika ubutegetsi abifashijwemo n’abandi barwanyi batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Faustin Archange Touadera.

Abel Matchipata avuga ko abashinzwe umutekano mu mujyi ayobora bategereje ingabo ziza kubatera ingabo mu bitugu kuko bugarijwe n’abarwanyi bari hafi kwigarurira umugi wose.

Avuga ko ingabo za Centrafrique zifatanyije n’iz’Umuryango w’Abibumbye zagiye kugarura amahoro muri kariya gace zahanganye na bariya barwanyi mu gihe cy’amasaha abiri.

Ni imirwano yatangiye saa 10h00 am, ariko umuyobozi wa Bambara avuga ko icyakwishimirwa ari uko nta rugomo rwakorewe abaturage b’abasivili.

Umutwe uyoboye indi muri iriya mirwano ni uwitwa  Unity for Peace in Central Africa (UPC), ukaba ari umwe mu yindi mitwe y’abarwanyi idashyigikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe kuzaba ku Cyumweru tariki 27, Ukuboza, 2020.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Touadera basaba ko ariya matora yakwigizwa imbere ariko we n’abo bafatanyije bakabitera utwatsi.

Uku kutavuga rumwe ku itariki y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yateje impungenge z’uko igihugu cyakongera kubamo ubwicanyi nk’uko byagenze muri 2013 hagati y’abarwanyi ba Anti- Baraka na Seleka.

Agace karaye kaberamo imirwano gaturanye na Cameroun.

Abatuye agace ka Boali kari muri mu bilometero 60 uvuye i Bangui nabo bafite ubwoba ko imirwano iri bugere mu mujyi wabo.

Abagore n’abana batangiye kujya kwihisha mu bihuru biri hafi aho, abandi bagannye muri benewabo batuye kure y’uduce turimo imirwano cyangwa uduturanye natwo.

Guhera muri 2012 umutekano ugerwa ku mashyi muri kiriya gihugu.

Muri iki gihe hari umwuka w’intambara muri kiriya gihugu, u Rwanda n’u Burusiya byoherejeyo ingabo kurinda ko inyeshyamba zakomeza guhungabanya Guverinoma iriho, bikaba byakoma mu nkokora imigendekere myiza y’amatora ateganyijwe taliki 27, Ukuboza, 2020.

Umujyi wa Bambara wafashwe n’inyeshyamba

Ivomo:AFP

TAGGED:BambaraBarakaBurusiyaCentrafriquefeaturedRwandaSelekaTouadera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya ‘coaching’ itavugwaho rumwe muri SOS-Rwanda biteye bite?
Next Article Isi irugarijwe, DRC hadutse indwara y’amayobera isa na Ebola
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?