Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Centrafrique Ishima Ko u Rwanda Ruyifasha Mu By’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Centrafrique Ishima Ko u Rwanda Ruyifasha Mu By’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 August 2024 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iryo shimwe rikubiye mu kiganiro gito Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra yahaye abanyamakuru nyuma yo kwakira urubyiruko rw’abantu 634 batojwe n’ingabo z’u Rwanda ibya gisirikare.

U Rwanda rufitanye umubano na Centrafrique mu bya gisirikare ushingiye mu kuyifasha kubumbatira umutekano wayo harimo no gutoza abazayirinda ubwo u Rwanda ruzaba rwacyuye abasirikare barwo cyangwa ayo masezerano yageze ku ndunduro.

Perezida Touadéra avuga ko imikoranire y’u Rwanda n’igihugu cye ari myiza kandi ko izaramba.

Yagize ati: “…Mboneyeho umwanya wo gushimira mugenzi wanjye akaba n’inshuti yanjye Perezida Paul Kagame kubera ubu bufatanye kandi buri mu ngeri nyinshi”.

Faustin-Archange Touadéra na Paul Kagame

Avuga ko igihugu cye gisanzwe gikorana n’ibindi bihugu byinshi ariko ko hari n’ubufatanye bwihariye gifitanye n’u Rwanda mu bya gisirikare.

Perezida wa Centrafrique avuga ko ubwo bufatanye mu bya gisirikare bushingiye no ku gutoza abasirikare bayo bikozwe n’u Rwanda, aba mbere bakaba baratorejwe mu Rwanda n’aho irindi tsinda rikaba ryaratorejwe mu gihugu cye.

Kubera umusaruro abona ko byatanze, Perezida Touadéra ashima Kagame, agashima Minisiteri y’ingabo n’ingabo z’u Rwanda muri rusange kubera ubwo bufatanye.

Touadéra kandi yaboneyeho gushimira Kagame ko aherutse kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Umutwe udasanzwe w’ingabo z’u Rwanda niwo watoje bariya basirikare bo muri Repubulika ya Centrafrique.

Ingabo za Centrafrique ziri kwigishwa n’ingabo z’u Rwanda

Mu muhango wo kubemerera kuba ingabo ku mugaragaro hari hatumiwe n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Major General Vincent Nyakarundi.

Ingabo z’u Rwanda kandi nizo zirinda Perezida Touadéra, Perezida wa Sena na Minisitiri w’Intebe.

Mu Ugushyingo, 2023 hari irindi tsinda ryinjijwe mu ngabo za Centrafrique nyuma yo gutozwa n’ingabo z’u Rwanda.

Icyo gihe bari abantu 120.

U Rwanda rufite ubuso bwa kilometero kare  26,338 mu gihe Repubulika ya Centrafrique ifite ubuso bwa kilometero kare 622,984 ni ukuvuga inshuro 24.

Rutuwe na miliyoni 13 zirenga naho Centrafrique yo ituwe n’abaturage miliyoni 7.7.

TAGGED:CentrafriquefeaturedIngaboKagameRwandaTouaderaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania: Nyamvumba Yatanze Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Next Article Amerika Yakoze Inama Yiga Icyakorwa Iran Iteye Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?