Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Chorale Christus Regnat Yemeye Gutanga Umusanzu Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Chorale Christus Regnat Yemeye Gutanga Umusanzu Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2024 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi muri Chorale yitwa Christus Regnat batangaje ko bazakusanya amafaranga bakayageza ku bashinzwe gahunda ya Leta yo kugaburirira abana ku mashuri yiswe Dusangire Lunch.

Perezida wa Chorale Christus Regnat, Mbarushimana Jean Paul, yavuze ko bamaze igihe bakora ibitaramo, ariko igitaramo kinini giheruka kikaba cyarabaye ku  nshuro ya kabiri, bagiha izina rya ‘I Bweranganzo’.

Kuri iyi nshuro abo muri iyi Chorale bavuga ko hari amafaranga bazakusanya bakayageza ku ubuyobozi ngo burebe uko yabwunganira muri gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri bise Dusangire Lunch.

Iyi gahunda igamije ko abana bose bazajya bafatira ifunguro ku ishuri.

Hari amakuru yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi witwa Irere Claudette ko hari hamwe usanga ibiryo by’abana ku ishuri bituba kubera ko hari ababyeyi bamwe badatanga amafaranga yo kubihaha, ibi nabyo bikaba ingaruka z’ubukene mu ngo..

Mbarushimana Jean Paul uyobora Chorale Christus Regnat ati: “ Twajyaga dukora ibitaramo tukishima, tugahimbaza Imana kugira ngo twishime tunyurwe ariko nyine bikarangirira aho. Twaje gusanga bidahagije ahubwo ko twakwiha indi ntego yo kuzirikana ko hari abantu batishoboye tukaba hari uruhare twagira kugira ngo na bo bishime.”

Minisiteri y’uburezi ivuga ko kugaburira abana ku ishuri byatumye barushaho gutsinda.

Kubera ko ubwonko bw’umuntu bukenera imbaraga zituruka mu byo yariye kugira ngo bukomeze gukurikira amasomo, umuntu ushonje ntiyiga cyangwa se wenda akiga nabi.

Niyo yize yiga ahondobera bityo ntafate neza ibyo yigishwa.

Uretse indirimbo zihimbaza Imana zaririmbiwe muri kiriya gitaramo, abaririmbyi n’abakunda indirimbo zabo baboneyeho guha icyubahiro umuhanzi Yvan Buravan, umwe mu bana baririmba muri iyi Chorale witwa Ntore Magnificat Bebeto w’imyaka umunani asubiramo indirimbo ye yise Gusaakaara’.

TAGGED:AbaririmbyiAmafarangaBuravanChoraleClaudetteGahundaIbiryoIfunguroIndirimboIrere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hashyizweho Itsinda Ryo Kureba Uko Imirwano Ya M23 Na DRC Ihagarara
Next Article Trump Yatangiye Kwivuga Intsinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imyidagaduro

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroUbutabera

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?