Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHUB Habereye Igikorwa Cyo Kubaga Ubwonko ‘Kidasanzwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CHUB Habereye Igikorwa Cyo Kubaga Ubwonko ‘Kidasanzwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2024 3:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bitaro bya Butare buri mu Karere ka Huye abaganga babaze ubwonko bw’umurwayi bamukura ikibyimba mu bwonko adatewe ikinya gifata umubiri wose.

Uwo muntu yabazwe areba kuko igice cyabazwe kitasabaga ko asinzirizwa wese, ahubwo yashoboraga kureba.

Uwabazwe ni umukobwa w’imyaka 11, akaba yari agize icyo kibazo inshuro ebyeri kandi no ku nshuro ya kabiri yarabazwe.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 05 Kanama 2024, bikorerwa ku mwana w’umukobwa Kubagwa kwe kwabaye taliki 05, Kanama, 2024.

Kuri iyi nshuro yabazwe n’abaganga bo muri Cuba ku bufatanye na bagenzi babo bo mu Rwanda.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, Dr Ngarambe Christian yabwiye bagenzi bacu ba IGIHE ko ‘kugira ngo utajya mu mbago z’ubwonko buzima ahubwo ugume mu mbago z’ahari ikibyimba gusa ngo kibe ari cyo cyonyine ukuramo, nta bundi buryo wabimenya atari uko umuntu abagwa akoresha ubwonko bwe akazi kabwo ka buri munsi, ngo umenye ko ubwonko bukomeza gukora’.

Abaganga bavuga ko mu kubaga abantu cyangwa kubagabanyiriza ububabare abaganga bakoreshe ikinya cy’ubwoko butatu.

Ubwa mbere ni ikinya gikuramo ububabare, ikindi ni igisinziriza hakaba n’ubwoko bwa gatatu bukura imbaraga mu mikaya(muscles) kugira ngo abaganga batabaga inyama ziri gukora zikaba zakwikwega zikabangamira muganga.

Icyakora abaganga bari bamushyiriyemo amashusho nka filime zitandukanye zamurangazaga.

Mu kuzirangarira byafashaga n’abaganga kumenya uko ubwonko bwe buri gukora.

Iruhande rw’abaganga babaga n’abatera ikinya hari n’abahanga mu mitekerereze ngo bumve ko aganira bumve niba ibitekerezo bye biri ku murongo.

Dr. Ngarambe yakomeje agira ati: “Ni ubuvuzi buteye imbere butuma unagira icyizere ko ibintu bizagenda neza  ntihagire  ibyangirika. Ariko na none bikagabanya gutinya ko kubaga ubwonko bigenda nabi ahubwo bigatanga umusaruro mwiza.”

Yakomeje avuga ko icyo gikorwa kirangira umuganga azi neza ko umuntu akibasha gukoresha ubwonko bwe mu buryo bwuzuye.

Uyu muyobozi usanzwe na we ari umuganga ubaga indwara zo munda, inkomere n’abandi yashimiye Guverinoma y’u Rwanda kuko ishaka abafatanyabikorwa mu nzego zitandukanye by’umwihariko ubuvuzi kugira ubuzima bw’Abanyarwanda bube bwiza.

Ibitaro CHUB byashinzwe mu mwaka wa  1928.

Kugeza mu mwaka wa 2000 ni byo bitaro bya kaminuza rukumbi byari biri mu Rwanda.

Kugeza ubu( 2024) bifite abakozi 625 barimo inzobere mu kuvura indwara 55 zidandukanye, abaforomo barenga 250, ababyaza 58 n’abandi.

CHUB uyu munsi ifasha Abanyarwanda barenga miliyoni enye biganjemo abo mu gace biherereyemo.

TAGGED:CHUBfeaturedIbitaroUbwonko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Ashyigikiye Ko Iran Irasa Israel Ikirinda Guhitana Abaturage
Next Article Angola: Ubutasi Bw’u Rwanda Bwaganiriye N’Ubwa DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?