Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2021 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikicaro cya CIA muri Niger kiri mu bilometero 800 uvuye ku murwa mukuru, Niamey. Iki kicaro kiri ahantu hagoye guturwa kuko hari amazi make cyane, kandi hashyuha cyane.Hari bamwe bavuga ko ari hamwe mu hantu hagoye guturwa kurusha ahandi ku isi.

Ikibazo CIA ifite muri kariya gace ni uko muri iki gihe hari indi mitwe ifitanye imikoranire na Al Qaeda yavutse ku bwinshi haba mu Majyaruguru ya Mali, Amajyepfo ya Algeria, Amajyaruguru ya Chad n’Amajyepfo ya Libya.

Amakuru y’ubutasi avuga ko abenshi mu bayinjiramo ari urubyiruko.

CIA y’Abanyamerika iri muri kariya gace gasanzwe gacungwa n’Abafaransa bahageze muri 2014, ubu  bakaba bahafite abasirikare 5000, abenshi bakaba baba muri Tchad.

Gutsinda Iterabwoba bisaba izindi ngufu zitari iza missiles…

Kuva muri 2004 ubwo ingabo za mbere z’u Bufaransa zageraga muri Mali zigiye guhashya abarwanyi bari bagiye gukuraho ubutegetsi bw’i Bamako, intego ya Perezida François Hollande yari iyo kubirukana yo ndetse bagacika intege burundu.

Nyuma baje gusanga intambara batangije ikomeye kurusha uko bayikekaga.

Intego yahoze ari iyo kurimbura bariya barwanyi mu gace ka Sahel kose yaje guhinduka iba iyo kubaheza muri Sahel ntibabe bashobora kwinjira mu bindi bice bituwe cyane n’abaturage.

Iyi niyi mpamvu yatumye CIA ihiramo gushinga ibirindiro hariya hantu kugira ngo ijye icungira hafi ko nta murwanyi wahirahira ngo arava mu butayu bwa Sahel yegera imijyi cyangwa ibyaro bituwe cyane.

Ibi birindiro yabishinze yo muri 2018.

The New York Times iherutse gutangaza ko akazi ka CIA muri kariya gace ari ugucunga bariya barwanyi ikoresheje za drones ariko ko nta n’umwe muri bo irica.

 Hari icyo CIA iri kwitegura…

Ikinyamakuru cyandika amakuru y’ubutasi kitwa IntelNews.org kivuga ko muri iki gihe CIA yaguye inyubako zayo muri kiriya gice, ihashyira irindi koranabuhanga rikomeye ndetse yubaka n’ibyumba indege za drones zizajya zicyurwamo.

Ibi ni ikimenyetso cy’uko CIA muri kariya gace yiteguye kugaba ibitero bya drones ku barwanyi igihe cyose Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byaba bibyemeye.

Abafaransa guhera muri 2014 bari muri Sahel ariko byaranze
TAGGED:BufaransaCIAIterabwobaSahel
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntimucikwe N’Urubanza Rwa Rusesabagina ‘Mu Mizi’
Next Article Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?