Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2021 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikicaro cya CIA muri Niger kiri mu bilometero 800 uvuye ku murwa mukuru, Niamey. Iki kicaro kiri ahantu hagoye guturwa kuko hari amazi make cyane, kandi hashyuha cyane.Hari bamwe bavuga ko ari hamwe mu hantu hagoye guturwa kurusha ahandi ku isi.

Ikibazo CIA ifite muri kariya gace ni uko muri iki gihe hari indi mitwe ifitanye imikoranire na Al Qaeda yavutse ku bwinshi haba mu Majyaruguru ya Mali, Amajyepfo ya Algeria, Amajyaruguru ya Chad n’Amajyepfo ya Libya.

Amakuru y’ubutasi avuga ko abenshi mu bayinjiramo ari urubyiruko.

CIA y’Abanyamerika iri muri kariya gace gasanzwe gacungwa n’Abafaransa bahageze muri 2014, ubu  bakaba bahafite abasirikare 5000, abenshi bakaba baba muri Tchad.

Gutsinda Iterabwoba bisaba izindi ngufu zitari iza missiles…

Kuva muri 2004 ubwo ingabo za mbere z’u Bufaransa zageraga muri Mali zigiye guhashya abarwanyi bari bagiye gukuraho ubutegetsi bw’i Bamako, intego ya Perezida François Hollande yari iyo kubirukana yo ndetse bagacika intege burundu.

Nyuma baje gusanga intambara batangije ikomeye kurusha uko bayikekaga.

Intego yahoze ari iyo kurimbura bariya barwanyi mu gace ka Sahel kose yaje guhinduka iba iyo kubaheza muri Sahel ntibabe bashobora kwinjira mu bindi bice bituwe cyane n’abaturage.

Iyi niyi mpamvu yatumye CIA ihiramo gushinga ibirindiro hariya hantu kugira ngo ijye icungira hafi ko nta murwanyi wahirahira ngo arava mu butayu bwa Sahel yegera imijyi cyangwa ibyaro bituwe cyane.

Ibi birindiro yabishinze yo muri 2018.

The New York Times iherutse gutangaza ko akazi ka CIA muri kariya gace ari ugucunga bariya barwanyi ikoresheje za drones ariko ko nta n’umwe muri bo irica.

 Hari icyo CIA iri kwitegura…

Ikinyamakuru cyandika amakuru y’ubutasi kitwa IntelNews.org kivuga ko muri iki gihe CIA yaguye inyubako zayo muri kiriya gice, ihashyira irindi koranabuhanga rikomeye ndetse yubaka n’ibyumba indege za drones zizajya zicyurwamo.

Ibi ni ikimenyetso cy’uko CIA muri kariya gace yiteguye kugaba ibitero bya drones ku barwanyi igihe cyose Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byaba bibyemeye.

Abafaransa guhera muri 2014 bari muri Sahel ariko byaranze
TAGGED:BufaransaCIAIterabwobaSahel
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntimucikwe N’Urubanza Rwa Rusesabagina ‘Mu Mizi’
Next Article Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?