Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Colonel Mamadi Doumbouya Yihanije Ikipe Ya Guinea Mbere Yo Kwerekeza i Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Colonel Mamadi Doumbouya Yihanije Ikipe Ya Guinea Mbere Yo Kwerekeza i Kigali

Last updated: 28 December 2021 10:22 am
Share
SHARE

Perezida w’inzibacyuho wa Guinea Colonel Mamadi Doumbouya yihanije ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Syli national, ko nidatwara igikombe cya Afurika cy’ibihugu kizabera muri Cameroon igomba gusubiza amafaranga yose azayitangwaho.

Ni ubutumwa yahaye abakinnyi kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza, ubwo yashyikirizaga abakinnyi ibendera ry’igihugu mbere yo kwerekeza mu mwiherero i Kigali.

Ni ibendera Colonel Doumbouya yashyikirije Mohamed Aly Camara ukinira Young Boys yo mu Busuwisi, mu izina rya kapiteni w’ikipe y’igihugu Naby Keita ukinira Liverpool yo mu Bwongereza, utarasanga abandi mu myiteguro.

Colonel Doumbouya yabwiye abakinnyi ko bagomba kujya muri Cameroon nk’abasirikare bagiye ku rugamba rwo kurwanira ishema n’ubusugire bw’igihugu nk’uko ibinyamakuru byo muri Guinea byabyanditse.

Adaciye ku ruhande yagize ati “Muzane Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu cyangwa se musubize amafaranga yabatanzweho.”

Mohamed Aly Camara yijeje ko bazakora ibishoboka byose bakitanga mu buryo bw’umubiri na roho, kugira ngo bahaze ibyifuzo by’abaturage ba Guinea.

Nyuma yo kuva mu ngoro y’umukuru w’igihugu izwi nka Palais Mohamed V, ikipe y’igihugu ya Guinea itozwa na Kaba Diawara igomba kwerekeza mu Rwanda kuri uyu wa 28 Ugushyingo.

Izahakorera imyitozo mbere yo kwerekeza mu mujyi wa Bafoussam muri Cameroon ku wa 6 Mutarama 2022.

Abakinnyi 22 muri 27 bahamagawe mu ikipe y’igihugu bamaze kugera muri Guinea nibo bategerejwe i Kigali, abandi bakazabasanga hanyuma.

Nubwo ikipe ya Guinea yatumwe igikombe cya Afurika, bizasaba kubanza guhatana mu itsinda B irimo hamwe Sénégal, Zimbabwe na Malawi.

Biteganywa ko igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon kuva ku wa 9 Mutarama kugeza ku wa 6 Gashyantare 2022.

Colonel Doumbuya ashyikiriza ibendera Mohamed Aly Camara
Colonel Mamadi Doumbouya yifotozanya n’abagize ikipe y’igihugu
TAGGED:CAN2022Colonel Mamadi DoumbouyafeaturefeaturedGuineaIgikombe cya Afurika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mudathiru, Rusesabagina, Sankara…Abanzi B’u Rwanda Bahuye N’Ubutabera
Next Article Polisi Yamuritse Ibikorwa Bifite Agaciro Kagera Kuri Miliyari Frw Byo Guteza Imbere Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?