Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Côte d’Ivoire: Ikipe Y’Igihugu Ya Basketball Y’Abagore Yitwaye Nabi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Côte d’Ivoire: Ikipe Y’Igihugu Ya Basketball Y’Abagore Yitwaye Nabi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2025 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ntako batagize ariko biranga! Ifoto: IGIHE
SHARE

Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinzwe n’iya Mozambique amanota 72-55 bituma irangiza imikino y’itsinda D ari iya nyuma! Yahise itegereza ibizava mu itsinda C kugira ngo irebe niba hari imwe mu makipe aririmo yateshuka bikayihesha andi mahirwe.

Umukino watumye ikurayo amaso ni uwaraye ubaye kuri iki Cyumweru Tariki 27, Nyakanga, ubera muri  Côte d’Ivoire.

Iyo ikipe y’abagore bo mu Rwanda ikina Basketball iwutsinda nk’uko yabyifuzaga, byari gutuma ikomeza ariko byayinaniye.

Iyo bari bahanganye ya Mozambique, yo wari umukino wayo wa mbere kandi yawitwayemo neza.

Mozambique yatangiye umukino neza, abakinnyi bayo bakomeye nka  Carla Covane na Leia Dongue bayitsindira amanota menshi, bituma agace ka mbere karangira ifite amanota 22 kuri 15 y’u Rwanda.

Mu gace kakurikiyeho, ikipe y’u Rwanda yagerageje gutsinda byinshi kugira ngo ikuremo icyo kinyuranyo.

Umukinnyi Destiney Philoxy niwe washyizeho umuhati cyane gusa ntibyamukundira n’ubwo mugenzi we Murekatete Bella yabimufashijemo.

Abakinnyi bo muri Mozambique bamaze kubona ko bagenzi babo wakwita inkingi za mwamba bo ku ruhande rw’u Rwanda bananiwe, bahise bongeramo umurego baratsinda ndetse nabwo barangiza ako gace ku manota 42 kuri 31 y’abakobwa b’i Kigali.

Bisa n’aho uko iminota izamukaga ari nako abagize ikipe y’u Rwanda bacikaga intege.

Mu gace ka gatatu batangiye batakaza  imipira myinshi, uhaye undi umupira ntawusame neza, abo bahanganye bakawutwara, ugiye gutera umupira mu nkangara( panier) agahusha cyangwa ba myugariro bakawumwambura n’ibindi n’ibindi.

Umutoza yasabye ko Butera Hope na Micomyiza Rosine basimbura bagenzi babo byagaragaraga ko bananiwe, byibura ngo abo binjiyemo barebe ko baziba icyo cyuho.

Izi mpinduka zatanze umusaruro kuko aka gace karangiye u Rwanda rugatsinze ku manota 17 kuri 13 ya Mozambique, bituma habamo ikinyuranyo cy’amanota ane ariko atashoboraga guhindura byinshi ku giteranyo rusange.

Muri rusange rero, Mozambique yari ifite amanota menshi kuko yari 55 kuri 48 y’u Rwanda.

Agace ka nyuma kaje ari injyanamuntu ku ikipe y’Abanyarwandakazi kuko Murekatete wari ufatiye runini bagenzi be yakuwemo kuko amakosa atanu yakoze yamuviriyemo kuvanwa mu kibuga.

Aho agendeye, bagenzi be basigaye birwanaho biranga kuko ako agace karangiye Mozambique ibarusha amanota 10 ni ukuvuga 17 kuri arindwi yabo.

Umukino warangiye Mozambique itsinze u Rwanda amanota 72-55 itangirana intsinzi, mu gihe wari uwa nyuma ku Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere umukino wa nyuma muri iri tsinda uraba hagati ya Nigeria na Mozambique.

U Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma muri iryo tsinda, rukaba rugomba kuzakina n’ikipe izaba iya kabiri mu itsinda C, ni ukuvuga hagati y’ikipe ya Uganda n’iya  Sénégal mu mukino wo guhatanira itike ya ¼.

TAGGED:AbagoreIkipeIrushanwaKigaliMozambiqueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abantu 43 Bishwe N’Inyeshyamba Zo Muri Uganda 
Next Article Kuri Kagame Afurika Ntikwiye Gukena
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?