Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19: Abanyarwanda Bashishikarijwe Gukorera Hanze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Ubuzima

COVID-19: Abanyarwanda Bashishikarijwe Gukorera Hanze

admin
Last updated: 24 June 2021 12:00 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko ubushakashatsi bwamaze kwerekana ko COVID-19 ikwirakwira mu mwuka, bityo abantu bashishikarizwa gukorera imirimo yabo ahantu hari umwuka wo hanze uhagije, kurusha ahafunganye.

Ni ubutumwa yatanze mu gihe ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatatu habonetse abanduye bashya 964, ari nawo mubare munini ubonetse mu munsi umwe kuva COVID-19 yagera mu Rwanda.

Urebye mu minsi 10 guhera ku wa 14 Kamena 2021, hamaze kwandura abantu 4646, hapfa 25.

Minisitiri Ngamije yavuze ko imibare y’abandura COVID-19 n’abajyanwa mu bitaro yongeye kuzamuka, bitewe no kudohoka kwa benshi ku kubahiriza ingamba zo kwirinda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byatumye guhera kuri uyu wa Gatatu havugururwa ingamba zo kwirinda zirimo ko abaturarwanda bose bagomba kuba bari mu ngo zabo kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi mu rukerera, kandi ntibarenge imbibi z’uturere baherereyemo.

Dr Ngamije yavuze ko bimaze kugaragara ko SARS-CoV-2 itera COVID-19 itembera mu mwuka igihe abantu bari ahantu hafunganye, bityo haba harimo urwaye akanduza abari kumwe na we igihe ahumetse, avuze cyangwa akoroye.

Ati “Nimucyo twiyemeze gukorera imirimo yacu hanze, aho bishoboka. Dufungure amadirishya kugira ngo twinjize umwuka mwiza cyane cyane mu mashuri, aho dukorera n’ahandi hose hatangirwa serivisi ku bantu benshi nk’amavuriro, banki cyangwa se ibiro by’ahakorera inzego z’ubuyobozi.”

Yanasabye abashinzwe gufasha abantu binjira mu nyubako zihuriramo abantu benshi, ko gukaraba intoki bakwiye kubigira inshingano kuri buri wese, kwibutsa abantu kwambara neza agapfukamunwa no kubakumira ngo batabyigana igihe bamaze kwinjira.

Yakomeje ati “Imodoka zitwara abagenzi zigomba gufungura amadirishya mu gihe cy’urugendo. Ibi kandi biranareba abagenda mu modoka zabo igihe cyose bari kumwe n’abandi bantu batabana.”

- Advertisement -

“Uruhare rwa buri wese mu gukumira ikwirakwira rya COVID-19 niryo rizahagarika ukwiyongera k’ubwandu bw’iki cyorezo. Twese hamwe nta n’umwe udohotse, tugire uruhare rufatika mu kwirinda no kurinda abandi. Nibyo bizadufasha kugira igihugu gitekanye, kizira COVID-19.”

Ni kimwe na Dr Menelas Nkeshimana ukora mu bijyanye no kuvura abarwaye COVID-19, nawe yavuze ko gukingura amadirishya ari ingenzi. Ni mu butumwa bwasakajwe na Minisiteri y’Ubuzima.

Yavuze ko abarwayi benshi barimo kwakirwa bazahajwe na COVID-19, ikigaragara ari uko barimo kwandurira ahantu hafunganye haba mu ngo cyangwa aho bakorera.

Ati “Turakangurira abanyarwanda bose kwambara agapfukamunwa neza kandi bakingure amadirishya kugira ngo habashe gucamo umwuka mwiza. N’iyo waba warakingiwe, nawe izi ngamba zirakureba.”

Minisitiri Ngamije yanavuze ko Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo urukingo rugere ku baturarwanda benshi bashoboka, nibura 60% y’abanyarwanda bitarenze umwaka wa 2022.

Nubwo inkingo zirimo gutangwa zitarinda abantu kwandura COVID-19, zibarinda kuremba ku gipimo cya 100%.

Mu Rwanda hamaze gukingirwa 391,058 hakoreshejwe inkingo za AstraZeneca na Pfizer.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel Ngamijefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Ifite Umugaba Mukuru W’Ingabo Mushya
Next Article Umuhungu Wa Museveni Yagizwe Umugaba w’Ingabo Zirwanira Ku Butaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?