Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19 Yitwa ‘Botswana’ Iranduza Kurusha Iyiswe ‘Delta’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

COVID-19 Yitwa ‘Botswana’ Iranduza Kurusha Iyiswe ‘Delta’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2021 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari igikuba cyacitse muri bamwe mu baganga bo mu Bwongereza nyuma yo kubona ko hari COVID-19 yihinduranyije yandura cyane kurusha Delta. Bayise Botswana kuko yakomotse muri iki gihugu cyo mu Munsi y’Ubutayu Bwa Sahara.

Kugeza ubu hari hamaze kwaduka ubwoko 10 bwa COVID-19 yihinduranyije.

Ubuheruka kuvumburwa ni ubwo bise ‘Nu’.

Amazina yose yiswe aya mako ya COVID-19 avuga imibare  y’Ikigereki.

Ubwoko bwiswe Botswana bumaze kubonwa mu bihugu bitatu, bityo abahanga bakemeza ko bwifitemo imbaraga zo gukwirakwira ku kigero kiruta icy’ubwoko bwa Delta bwaciye ibintu ku isi mu mpera z’umwaka wa 2020.

Ubwoko Botswana bwifitemo uburyo 32 bwo kwihinduranya(mutations) kandi abahanga basanze butuma n’urukingo rutabuhangamura.

Hari umwarimu wo mu Ishuri rya Kaminuza ryigisha ubuvuzi mu Bwongereza witwa Professor François Balloux uvuga ko buriya bwoko bwatangiye kwiyubaka bukigera mu mubiri w’umuntu wari ufite ubwandu bwa SIDA.

Imihindagurikire yabaye mu miterere y’iriya Virusi yatumye inkingo zidashobora kuyica intege kuko iriya miterere yatumye virusi imenya kare ko urukingo ruje igahindura umuvuno kugira ngo rutayikoraho.

Ibi byemezwa n’undi muhanga witwa Dr Tom Peacock nawe wo mu Bwongereza.

Peacock avuga ko iyo yitegereje imiterere y’iriya virusi  abahanga bahaye izina rya B.1.1.529 asanga ‘ishobora’ kuzaba mbi kurusha izindi zayibanjirije harimo na Delta.

Icyakora hari abandi bahanga babwiye MailOnline ko nta mpamvu yo gukuka umutima abantu bagombye kugira kuko kugeza ubu ibimenyetso by’ubukana bw’iriya virusi bitaraba byinshi ngo bigire n’ubukana zikomeye k’uburyo , byashingirwaho abantu bakuka umutima!

Hari ubwoko bwa COVID-19 bwiswe Botswana

Ubwandu butatu bw’iriya Virusi bumaze kubonwa Botswana n’aho muri Afurika y’Epfo hamaze kubarurwa ubwandu butandatu.

Hari n’ubundi bwandu bumwe bwabonetse muri Hong Kong, buboneka ku mugabo w’imyaka 36 y’amavuko wari uvuye muri Afurika.

Virusi yiswe Botswana yifitemo uburyo bwo kwihinduranya bwinshi.

Bumwe abahanga babwise P681H na N679K, ubu bukaba ari uburyo butuma urukingo rudatahura ngo rurwanye iriya virusi.

Hari n’ubundi bwihindurize bise N501Y bufasha virusi gukwirakwira  byihuse.

Iriya virusi iriyoberanya cyane k’uburyo ifite ubwihindurize bugera kuri 30, bumwe muri bwo bukaba bufite aya mazina: G446S, T478K, Q493K, G496S, Q498R na Y505H.

Inkuru nziza ni uko n’ubwo ubwandu bushobora kuba bwinshi ariko ubukana bwa virusi ubwayo bwaganutse kuko itica benshi harimo n’abantu bakuru.

Hagati aho kandi imibare y’ubwandu bushya n’abahitanwa na COVID-19 mu Burayi iherutse kongera kuzamuka cyane.

Hamaze kwanduka amoko arenga 10 ya COVID

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (WHO) watangaje ko Abanyaburayi bugarijwe kurusha ahandi ku Isi.

Ubu ibihugu byinshi byatangiye gutekereza uko byashyiraho ingamba zikaze, zishobora no kubamo na Guma mu rugo mbere y’uko iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani igera.

Hari imibare iherutse gutangazwa ivuga ko abantu hafi 27,000 bishwe na COVID-19 mu Burayi mu gihe gito gishize, ni ukuvuga abasaga kimwe cya kabiri cy’abishwe nayo hirya no hino ku isi.

Ni imibare igenzura ryerekanye ko iri hejuru cyane y’iyabonetse mu kindi gihe guhera muri Mata umwaka ushize, ubwo icyorezo cyari kimeze nabi mu Butaliyani.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, Dr Tedros Ghebreyesus, nawe aherutse kubwira abanyamakuru ko ubwandu butarimo kuzamuka gusa mu bihugu byo mu Burayi bw’i Burasirazuba byakingiye abantu bake, ahubwo n’ibyakingiye benshi byo mu Burengerazuba ntibyorohewe.

Yagize ati:  “Ibi birongera kutwibutsa nk’uko twakomeje kubivuga, ko inkingo zidasimbura ubundi buryo bwo kwirinda. Inkingo zigabanya ibyago byo kuba wajyanwa mu bitaro, kuremba cyangwa kwicwa n’iyi ndwara, ariko ntabwo zirinda mu buryo bwuzuye kuba wakwandura.”

Ikigo cy’u Burayi gishinzwe kurwanya ibyorezo cyamaze kwemeza ko ibihugu 10 muri 27 bigize Ubumwe bw’u Burayi bifite ubwandu bukabije, ku buryo aho ibintu bigana ari habi cyane.

Ibyo bihugu ni u Bubiligi, Bulgaria, Croatia, Repubulika ya Czech, Estonia, u Bugereki, Hungary, u Buholandi, Poland na Slovenia.

Ubwandu bwa COVID-19  bumaze kwanduka ku isi:

– Alpha( mu Bwongereza),

-Beta( muri Afurika y’Epfo),

-Gamma( muri Brazil),

-Delta( mu Buhinde),

-Epsilon( muri Amerika),

-Zeta( muri Brazil),

-Eta( muri Nigeria),

-Theta( muri Philippines),

-Iota( muri Amerika),

-Kappa( mu Buhinde),

-Lambda( muri Thailand),

-Mu ( muri Colombia)

na Nu itaramenyekana aho yaturutse mu by’ukuri.

Ubu haravugwa na Botswana.

TAGGED:BotswanaCOVID-29featuredIcyorezoUbwanduVirusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwiyemeje Kuzamura Ubufatanye Na Congo-Brazzaville No Mu Bya Gisirikare
Next Article Dr Ngirente Yakiriye Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?