Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19 Yongeye Kwica Umunyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

COVID-19 Yongeye Kwica Umunyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2022 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyorezo COVID-19  cyaraye kishe Umunyarwanda wo mu Karere ka Nyamasheke. Hari hashize igihe kirekire imibare y’abandura iki cyorezo iri hasi ndetse nta muntu yaherukaga kwica.

Minisiteri y’Ubuzima yaraye itangaje ko ku wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye kiriya cyorezo  bashya 50, bakaba babonetse mu bantu 3.418 bapimwe.

20 muri abo 50 banduye babonetse i Kigali, batanu baboneka i Nyaruguru, bane baboneka i Muhanga, bane baboneka i Nyamagabe, bane bandi baboneka i Rulindo, abandi nk’abo baboneka i Musanze, batatu baboneka  i Huye, babiri i Rusizi, babiri i Gicumbi, umwe  i Gakenke n’undi umwe i Rubavu.

Uwapfuye yari umusaza w’imyaka 64 wo mu Karere ka Nyamasheke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Umuntu umwe cyamuhitanye

Kugeza ubu abantu bamaze kugwa mu Rwanda bazize iki cyorezo ni abantu 1,460.

Mu minsi ishize, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Tharcisse Mpunga yabwiye Radio Rwanda ko abantu badohotse mu gukurikiza ingamba zo kwirinda COVID-19 kandi ngo ibi biri mubiri kuyitiza umurindi.

Dr Tharcisse Mpunga

Abajijwe niba bishoboka ko kwambara agapfukamunwa byazongera kugirwa itegeko, Dr Mpunga yavuze ko n’ubundi katakuweho burundu ahubwo ko buri wese agomba gushyira mu gaciro akarengera ubuzima bwe, akakambara bitewe n’ahandi hari abantu benshi agiye kujya.

TAGGED:AbarwanyiCOVID-19featuredMpunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rweruriye UN Ko Ruzi Neza Ubufatanye Bw’Ingabo Za DRC Na FDLR
Next Article CANAL+ Rwanda Na Rayon Sports Bongereye Amasezerano Y’Ubufatanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?