Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CP Bizimungu Yagizwe Umuyobozi W’Abapolisi Bose Bari Mu Butumwa Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

CP Bizimungu Yagizwe Umuyobozi W’Abapolisi Bose Bari Mu Butumwa Muri Centrafrique

Last updated: 28 June 2021 1:41 pm
Share
SHARE

Komiseri wa Polisi Christophe Bizimungu yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique, aho yatangiye inshingano zo kuyobora abapolisi bose bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA.

CP Bizimungu yasimbuye Umufaransa Major General Pascal Champion, wayoboraga abo bapolisi guhera mu 2019. U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifiteyo abapolisi benshi.

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa MINUSCA, Mankeur Ndiaye, yifashishije Twitter aha ikaze CP Bizimungu nk’umuyobozi mushya wa UNPOL muri Centrafrique.

Yakomeje ati “Ubunararibonye bwe buzaba ingirakamaro mu gukemura ibibazo bijyanye n’inshingano za @UNPOL.”

Au nom du SG #ONU_fr et la #MINUSCA, je souhaite la bienvenue en #RCA 🇨🇫 au nouveau Chef de la @UNPOL, Christophe Bizimungu (CP), du Rwanda 🇷🇼. Ses nombreuses expériences seront un atout certain pour relever les défis inhérents au mandat de la @UNPOL pic.twitter.com/70HULbai8g

— Mankeur Ndiaye (@ndiayemankeur) June 28, 2021

Yanashimiye Commissaire Divisionnaire Habi Garba wari umaze amezi atatu ayobora aba bapolisi by’agateganyo.

CP Bizimungu amaze igihe ayobora Ishuri Rikuru rya Polisi mu Karere ka Musanze.

Mu 2008 nibwo yinjiye muri Polisi avuye mu ngabo z’u Rwanda, icyo gihe yari Major. Yahise agirwa umuyobozi w’Ishami ryari rishinzwe Ubugenzacyaha, ryitwaga CID.

Yanayoboye Ubushinjacyaha bwa gisirikare.

 

TAGGED:CentrafriqueCP BizimungufeaturedPolisi y’u RwandaUNPOL
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Bakuru b’Ingabo Z’u Bwongereza Bashyizwe Mu Kato
Next Article BNR ‘Yasabye’ Ubugenzacyaha Gukurikirana Abavuze Ko Hakozwe Inoti Nshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Umubare W’Abarwara Mu Mutwe Kubera Inzoga Uriyongera

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?