Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CP Kabera Yasabye Ibigo Bicunga Umutekano Kureka Ubunebwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CP Kabera Yasabye Ibigo Bicunga Umutekano Kureka Ubunebwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komiseri w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano w’ibikorwa remezo n’ibigo byigenga bicunga umutekano; Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yasabye abafite ibigo byigenga bicungira abantu umutekano kunoza imikorere, abakozi babo bakareka ubunebwe kandi bakamenya gukoresha neza ikoranabuhanga rijyanye n’akazi kabo.

Yabibasabiye mu nama yamuhuje n’abayobozi n’abakozi b’ibigo n’amakoperative byigenga bikora akazi ko gucunga umutekano yabereye ku kicaro gikuru cya Polisi.

CP Kabera yabwiye abo bayobozi ko biriya biganiro byateguwe mu rwego rwo kubashishikariza kunoza imikorere hagamijwe kuziba ibyuho bikigaragara muri serivisi batanga.

Ati: “Mu bugenzuzi bwakozwe aho abakozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano bakorera hirya no hino mu gihugu, hari ibitagenda neza aho usanga abakozi batita ku kazi bashinzwe uko bikwiye, abadakoresha neza ibikoresho by’ikoranabuhanga byifashishwa mu gusaka, ndetse n’abagaragaza ubunebwe bityo ntibabashe gutahura ibishobora guhungabanya umutekano w’aho barinze.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabasabye gukosora ibitagenda neza mu kazi kandi bukubahiriza ibiteganywa n’ iteka rya Minisitiri w’umutekano  rigena imikorere y’ibigo byigenga bicunga umutekano.

CP Kabera yabibukije ko uko isi itera imbere mu ikoranabuhanga ari nako ibyaha birushaho kwiyongera.

Anabibutsa ko ibikorwaremezo biri mu byo bafite inshingano zo gucungira umutekano kandi bikaba mu bikunze kwibasira n’abakora iterabwoba.

Yabasabye  kurushaho gukunda akazi no kugakora kinyamwuga barangwa n’imikoranire myiza no guhanahana amakuru.

Kabera yabwiye abayobozi b’ibi bigo ko bagomba gushyira imbaraga mu mahugurwa baha abakozi,  bakarushaho kwigenzura bagasuzuma niba buzuza neza inshingano kugira ngo barusheho gutanga serivisi nziza.

- Advertisement -

Alexis Buterere uyobora Urugaga rw’Ibigo byigenga bicunga umutekano, yavuze ko n’ubwo inzira ikiri ndende, hari aho bavuye n’aho bageze kandi ko hari byinshi biri gushyirwa ku murongo gahoro gahoro.

Yashimiye Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange ku bushake bwo gushyira akazi kabo ku rwego mpuzamahanga kandi ko n’ibitarakemuka bizabonerwa umuti bidatinze.

Mu bandi babyitabiriye harimo Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Assistant Commissionner of Police (ACP) Desire Gumira.

Mu Rwanda hari ibigo byigenga bicunga umutekano 16 bikoresha abakozi bose hamwe 26,373.

Biteganyijwe ko ibiganiro nk’ibi bizakomereza mu Ntara zose z’igihugu mu rwego rwo kwegera abakozi bahabakorera.

Abayobozi b’ibigo byigenga bicungira abantu umutekano
Basabwe kunoza imikorere, abakozi babao bakayoboka ikoranabuhanga kandi bakareka ubunebwe.
TAGGED:featuredIbigoKaberaPolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Umukobwa Yatwitse Umugabo Wamuteye Inda
Next Article RDF Irategura Umukino N’Ingabo Za Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?