Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CP Kabera Yibutsa Abantu Ko Iyo Impanuka Yabaye Nta Kuyivuza Bibaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

CP Kabera Yibutsa Abantu Ko Iyo Impanuka Yabaye Nta Kuyivuza Bibaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2023 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye Abakirisitu bo muri Women Foundation Ministries/Noble Family Church bitabiriye amateraniro ‘Wirira Fellowship’ ko kwirinda impanuka ari ingenzi kuko iyo yabaye, iba yangije byarangiye.

Avuga ko iby’impanuka bitandukanye n’ibyo kurwara indi ndwara kuko zo zigira imiti izivura zigakira.

Ni inama yatanze muri gahunda ya Polisi yo gukangurira abantu kwirinda impanuka, bakabikora binyuze mu kuba maso, buri wese akirinda umuvuduko urengeje uteganywa, abashoferi bakoroherana n’ibindi bigamije Gerayo Amahoro.

Yavuze ko gahunda ya Gerayo Amahoro igamije kwibutsa buri wese inshingano ze mu guharanira ko abantu bakoresha umuhanda utekanye.

CP Kabera yavuze ko impanuka nyinshi zo mu muhanda ziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga, bityo ko inyinshi muri zo ziba zikwiye gukumirwa.

Umuvugizi wa Polisi ati: “ Ushobora kwivuza indi ndwara ukayikira ariko ntacyo wakora ngo ukureho impanuka yamaze kuba. Mu Rwanda ntitwifuza ko hari uhitanwa n’impanuka, icyo abakoresha umuhanda dusabwa ni ugukumira  icyateza impanuka cyose.”

Yasabye abifuza kuba abashoferi kujya babanza kwimenyereza neza imodoka mbere yo kujya mu kizamini.

Abasanzwe batwara ibinyabiziga nabo basabwa  kujya buri gihe bareba ko ibinyabiziga bikora neza mbere yo gutangira urugendo kandi mu gihe batwaye bakirinda ibindi bitekerezo n’ibikorwa byatuma ibitekerezo byabo bitaguma ku murongo.

Umuyobozi w’Umuryango Women Foundation Ministries akaba n’Umushumba Mukuru w’Itorero, Noble Family Church, Apôtre Alice Mignone Kabera, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku butumwa bw’umutekano wo mu muhanda bwagejejwe ku bakiristu n’imbaraga zashyizwe mu kubumbatira umutekano n’ituze rusange by’abaturarwanda.

Avuga ko we n’abo basengana ndetse n’abagize imiryango yabo bazagiye gukora ibishoboka byose bakirinda ndetse bakarinda na bagenzi babo bahurira mu muhanda impanuka.

Abantu miliyoni 1 n’ibihumbi 350 bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda buri mwaka nk’uko byatangajwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), aho ziza ku mwanya wa munani mu guhitana benshi, zikaba iza imbere mu guhitana abari hagati y’Imyaka 5-29 y’amavuko.

Kuva muri Mutarama kugera muri Kamena, uyu mwaka mu gihugu hose habaruwe impanuka 7,859, zahitanye abantu 399, aho umubare munini w’abashoferi bazigizemo uruhare ari abagabo ku kigereranyo cya 97%, banazitakarizamo ubuzima ku kigereranyo cya 83%.

Ubushakashatsi buvuga ko kuvugira kuri telefone utwaye ikinyabiziga byongera ibyago byo gukora impanuka inshuro enye, mu gihe gutwara wandika cyangwa usoma ubutumwa byongera ibyago byo gukora impanuka inshuro 23.

Kunyuranaho nabi, kudasiga intera ihagije hagati y’ibinyabiziga, kutubahiriza uburenganzira bwo gutambuka mbere,  kudakoresha indorerwamo zibonesha ibiturutse inyuma, kugendera mu gisate cy’ibumoso, umuvuduko ukabije, gukoresha telefone utwaye ndetse n’ubusinzi nibyo biza imbere mu biteza impanuka zihitana ubuzima bw’abakoresha umuhanda.

TAGGED:AbagoreAbakirisituImpanukaKaberaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yihanije Abazana Amacakubiri Mu Banyarwanda
Next Article Bwiza Na Wayz Bashimiwe N’Ikigo Cya Muzika Trace, Kenny Sol Arabura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?