Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Denise Nkurunziza Yagiye Kuyagira Janet Magufuli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Denise Nkurunziza Yagiye Kuyagira Janet Magufuli

Last updated: 22 October 2021 9:01 am
Share
SHARE

Umugore wa nyakwigendera Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida w’u Burundi, yagaragaye yasuye Janet Magufuli, umugore wa Dr John Pombe Magufuli wahoze ayobora Tanzania, na we witabye Imana.

Denise Bucumi Nkurunziza yatangaje ko yagiye mu gace ka Chato muri Tanzania, aho Magufuli yavukiye ari naho yashyinguwe.

Urwo rugendo rwatangajwe mu gihe kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye aherekejwe n’umugore we Angeline Ndayishimiye, yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Tanzania.

Denise na Janet ni abagore bafite amateka ajya gusa, kuko abagabo babo bayoboye ibihugu by’u Burundi na Tanzania, ndetse bitaba Imana mu bihe bikurikirana, ku mpamvu zisa ukurikijwe n’ibyatangajwe na Leta z’ibihugu byombi.

Nkurunziza wayoboye u Burundi kuva mu 2005 kugeza mu 2020, yitabye Imana ku wa 8 Kamena 2020 azize indwara y’umutima.

Ni mu gihe Magufuli wayoboye Tanzania kuva mu 2015 kugeza mu 2021, yitabye Imana ku wa 17 Werurwe 2021 na we azize indwara z’umutima.

Denise Nkurunziza yanditse kuri Twitter ati “Ni ibyishimo kubona umuvandimwe wanjye Janet Magufuli arimo koroherwa nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera Perezida @MagufuliJP. Ubunararibonye bukomeye turimo gusangira muri Chato- Tanzania burimo gufasha buri wese gukomeza ubuzima.”

Mu gihe cya bariya bayobozi bombi, Tanzania n’u Burundi byari bifite umubano ukomeye kugeza n’ubu.

Ubwo Magufuli yari amaze kwitaba Imana, byaje gutangazwa ko umugore we yarembye, ku buryo byafashe igihe ngo yiyakire, abashe koroherwa.

Basuye imva ya Perezida Magufuli
Bombi bagaragaye bamwenyura nyuma y’ibihe bikomeye banyuzemo mu minsi ishize

TAGGED:Denise BucumiDenise NkurunzizafeaturedJanet MagufuliJohn Pombe MagufuliPierre Nkurunziza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Nyamasheke Bavanywe Mu Masambu Bizezwa Guhabwa Ingurane Baraheba
Next Article Inzego Ziyemeje Korohereza Umukozi W’Umugore Ufite Umwana Muto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?