Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Desmund Tutu Azashyingurwa Kuwa Gatanu, Umurambo We Uzatwikwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Desmund Tutu Azashyingurwa Kuwa Gatanu, Umurambo We Uzatwikwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2021 8:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango washinzwe na Arkibishopu Desmund Tutu watangaje ko uyu mukambwe uherutse kwitaba Imana azashyingurwa ku wa Gatanu tariki 31, Ukuboza, 2021 bucya ari ku Bunani.

Desmond Tutu wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel yitabye Imana ku Cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021, afite imyaka 90.

Iby’urupfu rwe byatangajwe na Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa.

Desmund Tutu yari umunyedini ukomeye mu Idini ry ‘Angilikani.

Yagize bukomeye mu guharanira ko igihugu cye , Afurika y’Epfo, kibaho kigenga kandi gituwe n’abana bacyo bose, nta vangura.

Iby’uko umurambo we uzashyingurwa tariki 31, Ukuboza, byatangajwe n’Umuryango yashinze witwa The Archbishop Tutu IP Trust and Desmond and Leah Tutu Legacy Foundation.

Abagize uyu muryango bashimiye abatuye Isi bafashe mu nda abasigaye bo kwa Tutu nyuma y’urupfu rwe rwatunguye benshi batuye Isi.

Umurambo we uzatwikwa…

Abo mu muryango yashinze bavuga ko umurambo w’uriya muyobozi mu by’idini uri mu bakomeye bari bakiriho azutwikwa hanyuma ivu rishyingurwe muri Katederali yitiriwe Mutagatifu Joriji iri muri Cape Town.

Abantu 100 nibo bonyine bemerewe kuzajya kumusezeraho,  uyu mubare ukaba waratoranyijwe mu rwego rwo kwirinda ko hari abakwanduzanya COVID-19 iri guca ibintu ku isi.

Arikibishopi wa Cape Town witwa  Thabo Makgoba niwe watangaje umubare w’abantu bazaza kumusezeraho.

Ubwo Afurika y’Epfo yari imaze gusohoka muri Apartheid, Perezida Nelson Mandela yagize Musenyeri Tutu umukuru wa Komisiyo y’Ukuri n’Ubwuyunge, ahabwa inshingano zo gukora iperereza ku byaha byakozwe mu gihe cy’ivanguraruhu.

Yabaye Musenyeri wa Diyosezi ya Johannesburg kuva mu 1985 kugeza mu 1986 nyuma aza gushingwa Arkidiyosezi ya Cape Town kuva mu 1986 kugeza mu 1996.

Yaje no kuba Umunyamabanga mukuru w’ihuriro ry’amadini muri Afurika y’Epfo.

Umuhati we watumye ahabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka 1984.

TAGGED:AfurikafeaturedIgihemboPerezidaTutu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuzamura Imibereho Y’Abaturage Bifasha No Gukumira Ibyaha- DIGP Ujeneza
Next Article Umupadiri W’i Kabgayi Washinjwaga Gusambanya Umwana W’Umuhungu Yagizwe Umwere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?