Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dos Santos Yagarutse Muri Angola, Hari Ibyo Yumvikanye na Perezida Lourenco
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dos Santos Yagarutse Muri Angola, Hari Ibyo Yumvikanye na Perezida Lourenco

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2021 6:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jose Eduardo Dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola yaraye agarutse mu gihugu cye nyuma y’imyaka itatu atakibamo nyuma yo gukurwa ku butegetsi, akaza no kuvugwaho gukoresha nabi umutungo w’igihugu.

Dos Santos yayoboye Angola guhera mu mwaka wa 1979  kugeza mu mwaka wa 2017.

Yaraye ageze mu Murwa mukuru, Luanda, ahagara saa tanu z’ijoro.

Ibiro ntaramakuru bya Angola, ANGOP, byatangaje ko hari amakuru bigishakisha neza avuga ko Jose Eduardo Dos Santos yagurutse muri Angola nyuma y’ubwumvikane yagiranye n’uwamusimbuye ku butegetsi ari we Joao Lourenco.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Joao Lourenco yahoze ari Minisitiri w’ingabo za Angola.

Ubwo yamusimburaga ku butegetsi mu mwaka wa 2017, Lourenco yahise atangira gukurikirana abo mu muryango wa Dos Santos barimo umukobwa we Isabel Dos Santos abakurikiranaho ‘kubaka akazu’ kasahuye umutungo wa Angola.

Angola ni cyo gihugu cya kabiri muri Afurika gicukura kikanagurisha Petelori nyinshi  nyuma ya Nigeria.

Kuba Jose Eduardo Dos Santos agarutse mu gihugu bamwe bavuga ko byerekana umwuka mwiza hagati ye na Lourenco.

Umwe muri bo witwa Antonio Estote akaba ari umwarimu muri Kaminuza yitwa Universidade Lusiada de Angola yabwiye The Bloomberg ati: “ Ntekereza ko iki ari ikimenyetso cy’uko aba bagabo bashobora gushakira hamwe ingingo bakumvikanaho mu miterere ya Politiki y’iki gihugu.”

- Advertisement -

Ikindi avuga ni uko kuba aba bagabo bombi bahuye mu gihe habura amezi macye ngo haterane Inteko rusange y’Ishyaka riri ku butegetsi, MPLA, nabyo bifite ikindi kinini bivuze.

Dos Santos yari amaze imyaka itatu aba i  Barcelona muri Espagne kandi kuva yagenda nta nyandiko mu itangazamakuru yigeze imushinja kugira uruhare urwo ari rwo rwose mu byaha runaka byabereye iwabo.

Umutuzo wabaye muri Angola kuva Dos Santos yahunga ni ikintu cyiza muri Politiki ya Angola ndetse ngo gishobora guhesha amahirwe Perezida Lourenco yo kongera gutorerwa indi Manda.

 Lourenco ntiyajenjekeye abo kwa Dos Santos

 Nta gihe kinini cyatambutse nyuma y’uko Jose Edouardo Dos Santos avuye ku butegetsi, ngo Lourenco atangire gukurikirana abo mu muryango we bashoye akaboko mu kigega cya Leta.

Uw’ibanze yabaye Isabel Dos Santos wari usanzwe ayobora Ikigo cya Angola gicukura Petelori, Sonangol.

Yamukuye ku buyobozi bwacyo ndetse nyuma y’imyaka ibiri ategeka ko imitungo uriya mugore wa mbere ukize muri Afurika arafatirwa.

Isabel aba i Dubai muri iki gihe.

Yavuze ko gufatira imitungo ye byakomye mu nkokora ubucuruzi bwe.

Ubutegetsi bw’i Luanda buvuga ko abo mu muryango wa Dos Santos basahuye igihugu miliyari 24$.

Mbere y’uko imitungo ya Isabel ifatirwa, yari umugore wa mbere ukize muri Afurika kuko ubwe yari atunze imitungo ifite agaciro ka Miliyari 2$.

Hari na musaza we nawe wakatiwe kubera ibyaha byo kunyereza umutungo yahamijwe n’ubutabera.

TAGGED:AngolaDos SantosfeaturedLourencoLuanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina Yacuze Umugambi Wo Kwitirira U Rwanda Kwica Abaturage Barwo
Next Article Umuhanzi Ariana Grande ‘Yarusimbutse’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?