Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr Nsabimana Wayoboraga RURA Yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr Nsabimana Wayoboraga RURA Yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

admin
Last updated: 31 January 2022 7:33 pm
admin
Share
SHARE

Dr Nsabimana Ernest wayoboraga Urwego Ngenzuramikorere (RURA) yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa remezo, asimbuye Gatete Claver wagizwe Ambasaderi mu Muryango w’Abibumbye i New York.

Ni impinduka zatangajwe kuri uyu wa Mbere na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, mu izina rya Perezida Paul Kagame.

Muri izo mpiduka kandi, Eng Uwase Patricie yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo. Yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri iyi minisiteri.

Eng Uwase Patricie

Mbere yo kuyobora RURA, Dr Nsabimana yari Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushizwe Imyubakire n’Ibikorwa remezo. Mbere yaho yari Umuyobozi wa IPRC Karongi.

Afite impamyabumenyi ihanitse yakuye muri Kyung Hee University muri Korea y’Epfo.

Asimbuye Gatete wari Minisitiri w’Ibikorwa remezo guhera ku wa 6 Mata 2018. Mbere yaho yabaye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi guhera muri Gashyantare 2013.

Mbere yaho kandi yabaye Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (2011 kugeza mu 2013), nyuma y’igihe ari Visi Guverineri wayo.

Ntabwo ari mushya muri dipolomasi kuko yabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu bihugu birimo u Bwongereza,  Ireland, na Iceland guhera mu Ugushyingo 2005 kugeza mu Ukuboza 2009.

Ambasaderi Gatete Claver
TAGGED:Dr Nsabimana ErnestfeaturedMININFRARURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rihanna Aratwite
Next Article Abaturage 3 Barimo Na Gitifu Bakurikiranyweho Kwiyitirira Urwego Bakaka Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?