Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Sosthène Munyemana Wahamijwe Jenoside Yajuriye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dr. Sosthène Munyemana Wahamijwe Jenoside Yajuriye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2023 9:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr.Munyemana Sosthène uherutse guhamwa n’ibyaha bitatu birimo na Jenoside, agahanishwa gufungwa imyaka 24, yajuririye icyemezo cy’urukiko. Bikimara kumenyekana ko yajuriye, Ubushinjacyaha nabwo bahise bujurira.

Ni Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa.

Amakuru avuga ko yaba abunganira Dr Munyemana n’ubushinjacyaha, ngo nta ruhande rwigeze rwishimira imikirize y’urubanza.

Urukiko rwa rubanda rw’ i Paris mu Bufaransa rwari ruherutse gutegeka ko Dr Munyemana Sosthène uzwi nk’umubazi w’i Tumba afungwa imyaka 24, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Munyemana we yaburanaga ahakana ibyaha.

Me Richard Gisagara uburanira abaregera indishyi yabwiye  KT Radio ko abunganira Munyemana ari bo batanze ubujurire kuko batanyuzwe n’imikirize y’urubanza.

Ati: “Abunganira Munyemana nibo batanze ubujurire kuko batishimiye imikirize y’urubanza, ntabwo bitangaje kubera ko baburanye bahakana icyaha burundu batanasaba wenda ko igihano cyakoroha ariko basaba ko bamuhanaguraho n’icyo cyaha burundu.”

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye guhamwa n’ibyaha bumukurikiranyeho birimo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’ubwinjiracyaha muri icyo cyaha.

Gisagara avuga kandi ko n’ubushinjacyaha bwajuriye hakaba hategerejwe igihe cyo guhamagarwa kugira ngo batangire kuburana mu bujurire.

Agaruka ku mpamvu ubushinjacyaha nabwo bwajuriye, Me Gisagara yasobanuye ko mu Bufaransa iyo uwahamijwe icyaha ajuriye n’ubushinjacyaha nabwo buhita bujurira kugira ngo harebwe uburyo basaba igihano kisumbuye kurushaho.

Yagize ati: “Mu Bufaransa iyo umuntu icyaha gihamye ajuriye n’ubushinjacyaha burajurira. Kubera ko mu mategako iyo ubushinjacyaha budatanze ubujurire, urukiko rw’ubujurire rwiga urubanza rushyashya kandi rukarwiga hari ubujurire bw’uwashinjwe icyaha ari we ujuriye wenyine, urukiko rw’ubujurire ntirushobora kuzamura ibihano ngo rubigeze hejuru, rushobora kubigabanya cyangwa rukabigumishaho uko byatanzwe.”

Avuga ko kandi nta bimenyetso bishyashya ubushinjacyaha bwagaragaje butanga ubu bujurire kuko ibyo bwari bufite byose bwari bwararangije kubitanga uretse wenda kuba butaranyuzwe n’uburyo urukiko rwabyakiriye.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye imyaka 30 y’igifungo kuri Munyemana urukiko rutanga itageze kuri 30 bityo iyo ikaba ari yo mpamvu ishoboka yatumwe habaho kujurira.

Me Gisagara avuga ko kuba ubushinjacyaha bwarajuriye byumvikana kuko icyaha cyo gucura umugambi wo gukora Jenoside ari ubwa mbere gihamye umuntu mu Bufaransa bityo ko imyaka Munyemana Sosthène yakatiwe usanga idahagije bikaba byatuma habaho ubujurire.

Ati: “Ubundi itegeko riteganya igihano kiri hejuru, noneho urukiko rukagenda rukigena bitewe n’impamvu nyinshi, zirimo kuba rwabonye umuntu ashaje… cyangwa se rwabonye mu myiregurire ye hari impamvu nyoroshyacyaha bashobora kubona. Hari ibintu byinshi bashobora kugenderaho badatanga igihano nk’uko giteganyijwe n’amategeko.”

Nk’umuntu ufite uburambe mu kunganira abarokotse Jenoside mu 1994, mu manza cyane cyane zibera hanze y’u Rwanda, Gisagara yavuze ko ubu bujurire buzaburanwa nko muri 2025, kuko umwaka wa 2024 ufite imanza ebyiri zihateganyijwe kandi uru rukiko rukaba ruburanisha imanza ebyiri zonyine ku mwaka.

Dr Munyemana Sosthène uzwi ku izina ry’ umubazi w’i Tumba (Le boucher de Tumba) yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Tumba (Huye) no mu yahoze ari Perefegitura ya Butare muri rusange.

Yatangiye kuburanishwa ku wa 13, Ukuboza 2023, urubanza rwe rukaba rwari rubaye urwa Gatandatu u Bufaransa bukurikiranyeho Abanyarwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ifoto© Christophe Ena/AP/SIPA

TAGGED:featuredGisagaraIbyahaJenosideMunyemanaUbushinjacyahaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Yaranze Umusangiro Perezida Kagame Yagiranye N’Abanyarwanda
Next Article Uburusiya Na Ukraine Byubuye Imirwano Ikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?