Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr Stella Nyanzi Utavuga Rumwe Na Museveni Yahunze Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dr Stella Nyanzi Utavuga Rumwe Na Museveni Yahunze Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2021 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intiti ya Kaminuza ya Makelele akaba aharanira n’uburenganzira bwa muntu muri Uganda Dr Stella Nyanzi yahungiye i Nairobi muri Kenya.

Aya makuru yemejwe n’umwunganira mu mategeko witwa Me George Luchiri Wajackoyah.

Uyu munyamategeko yavuze ko umukiliya we yahunze itotezwa yakorerwaga n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Muri Nyakanga, 2020 Nyanzi yigeze kubwira kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda ko umunsi yumvise ko Perezida Museveni yapfiriye ku butegetsi uzaba ari umunsi w’ibyishimo byinshi kuri we.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari mu kiganiro mpaka yagiranye n’undi mugore wo mu ishyaka NRM rya Museveni cyabereye kuri imwe muri Televiziyo zirebwa n’abantu benshi muri Uganda.

Stella Nyanzi yavuze ko mu buzima busanzwe nta muntu uririra umugizi wa nabi kuko yapfuye.

Avuga ko adashobora kuzababazwa no kumva ko Umukuru w’igihugu cye yapfuye, kuko ngo na we ‘yamugiriye kandi agikomeje kumugirira nabi.’

Icyo gihe yagize ati: “Museveni nava ku butegetsi ari uko apfuye nzajya mu muhanda mbyine bitinde. Nzabyina kuko iyo abantu bapyinagaza abandi bavuyeho, abantu bumva baruhutse kandi nta we bibabaza. None se ni iki cyambuza kwishimira ko umuntu wanzengereje yapfuye!”

Yavuze ko atigorora ku muntu uwo ariwe wese, kandi ko kuba avuze kuriya nta mbabazi abisabira.

- Advertisement -

Yabwiye abari bamuteze amatwi  ko imitima y’abatuye Uganda idakunda Perezida wabo ahubwo ko bamutinya.

Stella Nyanzi yasabye Perezida Museveni kurekura ubutegetsi kuko akuze cyane kandi abaturage be bakaba batakimukunda nka mbere.

N’ubwo asaba Perezida Museveni kuva ku butegetsi, we si uko abyumva.

Nta minsi ishize yongeye gutorerwa kuyobora Uganda ku majwi make ugereranyije n’ayo yabonaga mbere.

TAGGED:featuredKenyaMuseveniNairobiNyakangaNyanziUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burundi Burashaka Kwihimura Ku Bwongereza Bwabukomanyirije Ingendo z’Indege
Next Article Uganda Yasubije U Rwanda Abandi Baturage Barwo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?