Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abajenerali Bashinjanye Gushaka Guhirika Tshisekedi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abajenerali Bashinjanye Gushaka Guhirika Tshisekedi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2025 7:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byatangiye Tariki 08, Nyakanga, mu nama ikomeye y’umutekano ubwo havukaga impaka hagati ya General Tshiwewe na Lieutenant General Jean-Claude Yav zazamuye umujinya ukomeye hagati yabo.

Hari saa saba z’amanywa ubwo General Christian Tshiwewe Songesha wahoze ari uwa hafi cyane ya Perezida Tshisekedi ariko ubu akaba yarigijweyo yagiranaga amakimbirane na mugenzi we twavuze haruguru.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko abo bagabo bateranye amagambo ndetse bashinjanya gushaka guhirika Perezida Tshisekedi.

Ntibyarinze bose barafashwe barafungwa ariko Gen Yav aza kurekurwa n’aho Tshiwewe agumanamo n’abandi basirikare bakuru barimo Maurice Nyembo wari ushinzwe ingabo zirwanira ku butaka n’uwari Umunyamabanga we witwa Colonel Adelard.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu Tariki 09, Nyakanga, urugo rwa General Tshiwewe ruri i Kinshasa rwari rwagoswe n’ingabo.

Ntawemerewe gusohoka cyangwa kwinjira, abamurindaga bose yabambuwe barafungwa n’abo basenganaga bamwe barafashwe.

Kugeza ubu ntacyo Leta ya Congo irabitangazaho ariko amakuru y’abantu bafashwe bagafungwa kandi bo mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi bwa gisirikare na Politiki akomeje gusakara.

Tshiwewe ava i Lubumbashi ariko kavukire ye bwite ikaba mu Ntara ya Lualaba.

Ni umusirikare ukomeye uzwi cyane mu ngabo za DRC ndetse wigeze kuyobora ingabo zirinda Umukuru w’igihugu.

Mu mwaka wa 2022 yabaye Umugaba mukuru w’ingabo za DRC, ava muri izo nshingano mu mwaka wa 2024 ahita agirwa Umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu by’umutekano, bikaba byaramubereye uburyo bwo gukomeza kuba hafi y’ubutegetsi bukomeye bw’igihugu.

TAGGED:featuredGuhirikaIntambaraPerezidaTshisekediTshiweweUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rishi Sunak Wayoboye Ubwongereza Yahawe Inshingano Muri Banki
Next Article Amakipe Y’u Rwanda Yatsindiye Kuzahatanira Shampiyona Y’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?