Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abarwanyi Ba ADF Bakomeje Kwica Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abarwanyi Ba ADF Bakomeje Kwica Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2024 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo ingabo za Uganda zagiye muri DRC mu myaka ibiri ishize ngo zifatanye n’iza DRC kurwanya ADF no kuyirimbura, abarwanyi n’uyu mutwe bakomeje kugarika ingogo.

Baraye bishe abaturage barindwi hakomereka n’abandi benshi, batwika n’inzu nyinshi abo bantu bari batuyemo.

Abishwe ni abo mu gace ka Matombo muri Teritwari ya Beni muri Kivu y’Amajyaruguru.

Umwe mu bayobozi bayobora aho hantu witwa Jean de Dieu Kibwana avuga ko abo bicanyi babukoze bakoresheje intwaro gakondo.

Hari saa moya z’ijoro ubwo abaturage batungurwaga n’abo bantu bagatangira kubagirira nabi.

Babanje kwica abantu batatu basanze aho bagurishiriza amavuta, abandi batatu bicirwa mu ngo zabo n’aho umwe uza kuzira ibikomere bikomeye yatewe n’abo bantu.

Radio Okapi ivuga ko abo barwanyi batwitse inzu eshatu muzo abo baturage bari batuyemo kandi ngo hari abandi bakomerekeye mu bindi bice.

Abakomeretse bakagira amahirwe ntibapfe boherejwe ku bitaro by’icyitegererezo bya Oicha.

Ikibabaje ariko nanone ni uko hari abaturage ADF yatwaye bunyago, ibajyana ahataramenyekana.

Abaturage babonye iryo shyano bakutse umutima bituma bahunga ingo zabo.

Bivugwa ko ingabo za DRC zatabaye ariko ziza zitinze, zisanga ishyano ryamaze kugwa.

Jean de Dieu Kibwana uyobora ako gace yasabye ubuyobozi bwa gisirikare kongera umubare w’ingabo zigakoreramo kugira ngo zikome imbere ADF.

TAGGED:AbarwanyiAbaturageADFIngoKwicaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yongeye Kwizeza Abanyarwanda Umutekano Mu Mwaka Wa 2025
Next Article Alyn Sano Azasohora Alubumu Mu Mwaka Wa 2025
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?