Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abavuye Mu Byabo Barakaye Ngo Barashaka Gutaha Ku Ngufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abavuye Mu Byabo Barakaye Ngo Barashaka Gutaha Ku Ngufu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2024 9:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava mu Mujyi wa Goma aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane taliki 12, Nzeri, 2024 abari baravanywe mu byabo n’intambara muri uyu mujyi baramukiye mu myigaragambyo basaba ko bemererwa bagataha iwabo.

Bavuga ko inzara igiye kubatsinda mu nkambi, bakemeza ko aho kuzira inzara wazira amasasu.

Umunyamakuru ukorera i Goma witwa Justin Kabumba yanditse kuri X ko abaturage bamwe batambitse bariyeri mu mihanda kugira ngo hatagira utambuka atabanje kureba agahinda kabo.

Umwe muri abo bigaragambya yagize ati: “ Ntitugiye kuzicwa n’inzara kandi twarasize imyaka mu mirima iwacu. Guverinoma igomba kudusubiza mu byacu”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo baturage bavuga ko imibereho yo mu nkambi ikomeye ku buryo kurwara ukabona imiti ari amahirwe akomeye.

Intambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukaasi ya Congo yavanye benshi mu byabo abandi bahasiga ubuzima.

M23 imaze igihe irwana n’ingabo z’iki gihugu, ikavuga ko ishaka ko abaturage bacyo bavuga Ikinyarwanda bahabwa amahirwe angana n’ay’abandi bahatuye.

Ubuyobozi bwa M23 buvuga ko bwatumye abarwanyi bayo begura imbunda barwana na Leta.

Leta ya DRC yo ivuga ko abo barwanyi batakwishoboza iriya ntambara, ko u Rwanda na Uganda ari byo bihugu bibari inyuma.

- Advertisement -

Yaba u Rwanda yaba na Uganda bose bahakana gufasha uyu mutwe, u Rwanda rwo rukemeza ko ikibazo kiri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kireba abayituye na Leta yabo.

Umujyi wa Goma bivugwa ko ari wo mujyi wa Kabiri wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo nyuma ya Kinshasa, Umurwa mukuru.

Ni umujyi kandi w’ingirakamaro no ku Rwanda kuko abawutuye bakunze guhahirana n’Abanyarwanda.

Abatuye Akarere ka Rubavu nibo ba mbere bahahirana n’abaturage ba Goma.

Ibi, ku rundi ruhande, bituma iyo umutekano ari mucye i Goma bitera abatuye Rubavu gukuka umutima kuko hari n’ubwo ibisasu byambuka bikava yo bikagwa mu Rwanda.

Ubuhuza bwa Angola burakomeje mu rwego rwo kureba uko ibyo u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo bitumvikanaho byakemurwa, amahoro akagaruka.

Ubwo buhuza bukorwa ku nzego zo hejuru muri Politiki n’ubutasi bwa gisirikare.

Icyakora M23 yo ivuga ko ibiganirwa byose ntacyo bizageraho mu gihe idatumirwa ngo nayo igire icyo isaba.

Kuri iyo ibyo biganiro ntacyo biyirebaho.

Imvugo nk’iyi iri muzirakaza ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi ubibonamo agasuzuguro  ndetse akaba yarigeze kwerurira isi ko ashobora kuzatera u Rwanda.

U Rwanda ruvuga ko rwiteguye icyo ari cyo cyose cyashaka kuruhungabanyiriza umutekano, aho cyaba giturutse hose.

TAGGED:AbaturagefeaturedImpunziImyigaragambyoM23RwandaUgandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Umukino Ukomeye Wa Basketball Waraye Urangiye…
Next Article Ibyo u Rwanda Rwemeranyije Kuzakorana N’Ubushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?