Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Hageragejwe Coup d’Etat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Hageragejwe Coup d’Etat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa ifite amakuru ko hari abantu bitwaje intwaro bagaragaye muri Perezidansi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo bafiten’ibendera ry’iki gihugu. Bikekwa ko bashakaga guhirika ubutegetsi n’ubwo Guverinoma itaragira icyo ibitangazaho.

Hagati aho Radio Okapi itangaza ko hari igitero cyagabwe ku rugo rwa Vital Kamerhe usanzwe ari Visi Minisitiri w’Intebe, Minisitiri w’ubukungu n’umukandida wo kuzayobora Inteko Ishinga amategeko y’iki gihugu.

Urugo rwa Kamerhe ruherereye ahitwa Gombe, rukaba rwagabweho igitero mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru saa 4h30.

Umuvugizi wa Kamerhe witwa Michel Moto niwe wabitangaje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu asanzwe ari  Umudepite w’ishyaka rya Kamerhe ryitwa Union Nationale Congolaise, UNC.

Avuga ko hari abapolisi babiri mu bamurinda bahasize ubuzima ndetse n’umwe mu bagabye icyo gitero nawe ntiyasigaye.

Ati: “ Vital Kamerhe n’umuryango we bo bameze neza kandi umutekano wabo wongerewe imbaraga”.

Ambasaderi w’Ubuyapani muri DRC witwa Hidetoshi Ogawa nawe yameje iyi ngingo asaba abaturage b’igihugu cye baba muri DRC kwigengesera, bakirinda kwishyira mu kaga.

Ku byerekeye Coup d’etat, Radio Okapi ivuga ko nyuma yo gutera kwa Kamerhe, mu Biro by’Umukuru w’igihugu naho hagaragaye abantu bari bafite imbunda n’ibendera rya Zaïre( ni ko Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitwaga mbere) bavuga ko bashaka ko ibintu bihinduka mu nyungu za Repubulika.

- Advertisement -
Uko ibendera rya Zaïre ryasaga

Ku mbuga nkoranyambaga, hariho amashusho y’abo bantu bahagaze imbere muri Perezidansi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Baje kuhavanwa, ariko umutekano urakazwa kugira ngo ibintu bisubire mu buryo.

Biteganyijwe ko hari bube inama idasanzwe y’umutekano ikaza gukurikirwa n’itangazo rya Guverinoma rivuga kuri icyo kintu.

Amakuru ataremezwa n’urwego urwo ari rwo rwose avuga ko uwateguye igitero kivugwa ko cyari icyo guhirika Tshisekedi yari asanzwe aba muri Amerika.

TAGGED:AmasasuCongoCoupEtatfeaturedKamerheTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Uko Imbogo Zasagariye Abaturage B’i Burera
Next Article Guverinoma Yavuze Impamvu Umukozi Wa Human Rights Watch Yangiwe Kwinjira Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?