Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Haribazwa Impamvu Kenya Yohereje Ingabo i Kisangani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Haribazwa Impamvu Kenya Yohereje Ingabo i Kisangani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sosiyete sivile ya DRC mu gace ka Kisangani irasaba Guverinoma ya DRC ibisobanuro by’ukuntu ingabo za Kenya zageze i Kisangani kandi mu mabwiriza azigenga ashingiye ku byemeranyijwe ‘n’abagaba b’ingabo ibyo kujya i Kisangani nta birimo.

Taliki 09, Gashyantare, 2023 i Nairobi ‘hongeye kubera’ inama yahuje abagaba bakuru b’ingabo zigize umutwe w’Afurika y’i Burasirazuba woherejwe muri DRC ngo bigire hamwe uko zakomeza kohoherezwa.

Mu myanzuro yabo bemeranyije ko buri gihugu( uretse Sudani y’Epfo izafatanya na Kenya) gihabwa ahantu hacyo kigomba gukorera ibikorwa bya gisirikare.

Umwe mu myanzuro yahafatiwe uvuga ko ingabo z’u Burundi zizakorera ahitwa Sake, Kirolirwe na  Kitshanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kenya yoherejwe i Kibumba, Rumangabo, Tongo na Kishishe.

Uganda izakorera i Bunagana, Kiwanja, Rutshuru n’i Mabenga.

Sudani y’Epfo yahawe kuzakorana n’ingabo za Kenya muri Rumangabo.

Itangazo ryasohowe na Sosiyete sivile y’i Kisangani rivuga ko ingabo za Kenya zageze i Kisangani zizanye n’intwaro zazo ndetse n’ibimodoka by’intambara byururukiye ku kibuga cy’ahitwa Bangboka.

Abaturiye iki gice bavuga ko batunguwe no kubona abasirikare ba Kenya baza muri kiriya gice ndetse baca inkambi ahitwa Bauma.

- Advertisement -

Hari amakuru amwe avuga ko ingabo za Kenya zagiye muri kiriya gice kugira ngo zisane kiriya kigo cya gisirikare ndetse n’ikindi kitwa Lusuka, hanyuma zizahandure ishuri ‘zizatorezamo’ ingabo za DRC.

Abagize Sosiyete sivile y’i  Kisangani bibaza niba kiriya cyemezo cyarafashwe nyuma yo kumenyeshwa inteko ishinga amategeko ya DRC.

Bibaza kandi aho gishingiye niba nta mwanzuro ushingiye ku nyandiko iyo ari yo yose ya EAC ibiteganya uhari.

Ikindi bibaza ni icyahereweho batoranya abo basirikare n’abapolisi ba DRC bazatozwa na Kenya n’igihe iyo myitozo izamara.

Abatuye Kisangani bavuga ko bitumvikana ukuntu Kenya yataye igice M23 ikoreramo ikaza i Kisangani, mu ntera ndende uvuye aho M23 ikorera.

Basanga bifite ikindi kibyihishe inyuma kitari ubugiraneza bwo gutoza Polisi n’ingabo bya DRC.

Hari n’abadatinya kuvuga ko Kenya ishaka gucunga ibibera muri DRC mu rwego rw’ubukungu kubera ko banki zayo zikomeye zigaruriye izo miri kiriya gihugu zihashinga banki yitwa TMB n’indi yitwa BCDC.

Nta cyo Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasubiza Sosiyete sivile y’i Kisangani.

#RDC Des mouvement mis citoyens et de la société civile s’interrogent sur la présence de soldats kényans de l’#EAC à #Kisangani « à près d’un millier de kilomètres des opérations militaires ». Ils demandent des explications au gouvernement. pic.twitter.com/1T1EW1TvJn

— Christophe RIGAUD (@afrikarabia) February 25, 2023

Uko Ingabo Za EAC Zigabanyije Ibirindiro Mu Burasirazuba Bwa DRC

TAGGED:DRCfeaturedGuverinomaIngaboKenyaKisanganiM2E
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Next Article APR FC Mu Myiteguro Yo Gutsinda Musanze FC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?