Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ingabo Za SADC Zizayoborwa N’Umunya Afurika Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Ingabo Za SADC Zizayoborwa N’Umunya Afurika Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2024 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

General Monwabisi Dyakopu niwe washyizweho ngo azayobore ingabo za SADC zoherejwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ngo zihangane na M23. Aba basirikare bazava mu bihugu bitatu ari byo Tanzania, Malawi na Malawi.

Gen Monwabisi Dyakopu we ukomoka muri Afurika y’epfo yari asanzwe ayobora abasirikare bagize ikitwa Force Intervention Brigade ya SADC isanzwe ikorera muri DRC.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko abasirikare bose bagize uyu mutwe ari abantu 8,000 bakazatangirana ingengo y’imari ya miliyoni $50 ariko ikaziyongera ikagera kuri miliyoni $500.

Mu mikorere ya SADC  hasanzwe mo ingingo y’uko iyo igihugu kimwe mu bigize uyu muryango gitewe, biba bivuze ko n’ibindi byose bitewe bityo ko bigomba gutabara bigafatanya kwivuna uwo mwanzi.

Umutwe w’ingabo za SADC ziri muri DRC guhera taliki 15, Ukuboza, 2023.

Bazihaye izina rya SAMIDRC, zikaba zifite inshingano yo gufasha Guverinoma ya DRC kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’iki gihugu, hamaze iminsi hari imitwe y’inyeshyamba yahazengereje.

SAMIDRC izaba ifatanyije n’abasirikare b’intoranywa ba DRC.

Iyoherezwa ry’abasirikare ba SADC muri DRC rishingiye ku masezerano yo gutabarana yasinywe n’ibihugu bya SADC mu mwaka wa 2003.

SADC  igizwe n’ibihugu 16 ari byo:Angola, Botswana, ibirwa bya Comoros, Democratic Republic of Congo, Eswatini, Lesotho, Madagascar, Malawi, ibirwa bya Mauritius, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y’Epfo, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

Ibihugu bigize SADC
TAGGED:DRCfeaturedIngaboM23SADCUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWAFA Izakoresha Miliyari Frw 2 Mu Kugura Ibikoresho Bya Hoteli Yayo
Next Article Kayonza: Ushinzwe Ubworozi Yafunzwe Akekwaho Kunyereza Intanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Trump Ntarashirwa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?