Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2025 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwe mu basirikare b'Uburundi. Ifoto: AFP.
SHARE

Abanyamulenge bifatanyije n’andi moko y’Ababembe, Abapfurero, Abashi n’abandi batuye i Minembwe muri Zone za Mwenga, Fizi na Uvira bavuga ko ingabo z’Uburundi ziri muri DRC zikora k’uburyo bicwa n’inzara.

Kubera iyo mpamvu, tariki 04, Ugishyingo, 2025 bakoze imyigaragambyo bamagana izo ngabo kuko zaje gukambika mu bice bari basanzwe bajya kuguriramo imiti, umunyu, isukari, isabune n’ibindi bakenera ngo baramuke.

Abayobozi b’ayo moko n’abandi bavuga rikijyana bavuga ko ibyo izo ngabo ziri gukora  bibangamiye uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, bikabateza inzara kandi ngo bisanzwe bihanwa n’amasezerano mpuzamahanga.

Mu kwigaragambya, bavuga ko ibikorwa by’ingabo z’Uburundi bimaze igihe bibakorerwa kuko ubu imyaka ibaye umunani.

Taarifa Rwanda yabonye kopi y’iri tangazo kandi hari aho rigira riti: ”Baricisha abaturage inzara kandi babigize nk’intwaro y’intambara igamije kuturimbura.”

Abaryanditse basaba ko ibyo bihindurwa, abaturage bakongera kwishyira bakizana mu gihugu cyabo, ntibatambamirwe n’ingabo z’abanyamahanga.

Basaba ko hashyirwaho icyo bise ‘Komisiyo idafite aho ibogamiye’ ishinzwe gukora ubugenzuzi.

Ikindi ni uko basaba ingabo z’Uburundi kubavira ku butaka zigataha

Basaba kandi ko hatangizwa iperereza ku byaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakozwe n’Ingabo za Leta n’abo bafatanya (FNDB, FDLR ndetse na Wazalendo).

Itangazo ryabo ryibutsa amahanga ko mu myaka umunani ishize intambara yahitanye abantu benshi, isenya imidugudu  500, amashuri 134, amavuriro 41 kandi ikura mu byabo abaturage 3,200,000.

Amakuru Taarifa Rwanda ifite ariko itarashobora kugenzurira ishingiro avuga ko ingabo z’Uburundi ziri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo zirenga ibihumbi 10.

Kugeza ubu ntacyo ingabo z’Uburundi ziratangaza kubivugwa n’Abanyamulenge n’abandi bazishinja kubicisha inzara.

TAGGED:AbanyamulengeCongofeaturedImitiImyigaragambyoIngaboUburundiUmunyu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire
Next Article Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?